BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Abarenga ibihumbi 200 bagiye gukora ibizamini bya Leta ,abafite ubumuga batekerejweho

Abarenga ibihumbi 200 bagiye gukora ibizamini bya Leta ,abafite ubumuga batekerejweho

sam
Last updated: June 27, 2025 11:18 am
sam
Share
SHARE

Abanyeshuri bagera kuri 220.840 bo mu mashuri abanza mu mwaka wa Gatandatu, bazatangira gukora ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa 2024/2025. Ibizamini bizatangira tariki 30 Kamena 2025.

Ni ibikubiye mu itangazo ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), rigenewe abanyamakuru.

NESA igaragaza ko abagera ku 120.635 ari abakobwa, naho abahungu ni 100.205 mu gihe abagera kuri 642 ari abanyeshuri bafite ubumuga, by’umwihariko abafite ubumuga bwo kutabona bakazahabwa ikizamini kiri mu nyandiko izwi nka ‘Braille-ready’.

Mu bufasha bazahabwa kandi harimo impapuro zanditse mu nyuguti nini, ibyuma byihariye bifasha mu kwandika, abandikira abafite ubumuga bwo kutandika, n’igihe cy’inyongera mu gukora ibizamini. Ibi byose bigamije gutuma abana bafite ubumuga bakora ibizamini ku buryo buboroheye kandi buboneye.

Nuri iritangazo NESA yatangaje ko ibizamini bizatangizwa ku mugaragaro ku wa Mbere.

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, ni we uzayatangiza ku mugaragaro ku kigo cy’amashuri Groupe Scolaire Institut Filipo Simaldone giherereye mu Karere ka Nyarugenge, Umujyi wa Kigali.

Uwo munsi nyine, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ikoranabuhanga mu burezi, Claudette Irere, azaba ari ku ishuri rya EP Saint Ignace mu Karere ka Rwamagana, Intara y’Iburasirazuba.

Abandi bayobozi bakuru b’inzego zifitanye isano n’uburezi bazatangiriza ibizamini ku bindi bigo by’ibizamini hirya no hino mu gihugu.

Ibizamini bya Leta ku rwego rw’igihugu bigamije gupima ubumenyi abana barangije Icyiciro rusange cy’Amashuri Abanza (Primari), no kubayobora mu itangwa ry’imyanya mu mashuri yisumbuye y’ibanze.

Amasomo azakorwamo ibizamini ni atanu: Imibare, Ikinyarwanda, Icyongereza, Siyansi n’Ikoranabuhanga ry’ibanze, ndetse n’Ubumenyi bw’Imibereho y’Abaturage n’Amadini.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

RDF yakoze impinduka ku birango by’impuzankano zayo

1 Min Read
Mu Rwanda

Dr Gasore yasobanuye impamvu y’izamuka ry’ibikomoka kuri petoroli

2 Min Read
Mu Rwanda

Gasabo: Polisi yafashe abakekwaho kwiba amatungo babanje kuyaha imiti ayica

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Abanyeshuri barenga 220 batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza mu mashuri abanza

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?