Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo babiri batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa youtube witwa Dawa Rwanda TV bakurikiranyweho ibyaha birimo gutangaza amakuru y’ibihuha bakoresheje imvugo zigamije gukurura amacakubiri no guteza imvururu muri rubanda.
Uyu muyoboro bari basanzwe bawunyuzaho inyigisho zitandukanye z’idini ya Islam.
Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko abo bagabo bafashwe ku wa 10 Kamena 2025.
Yavuze ko batawe muri yombi ku bufatanye bwa RIB na Polisi y’Igihugu, bakekwaho gukora ibyaha banyujije mu biganiro bacishaga kuri shene yabo ya YouTube yitwa ‘Dawa Rwanda TV’.
Ati: “Bagamije gukwirakwiza amakuru y’ibihuha, bakoresheje imvugo zishobora gukurura amacakubiri no guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.”
Dr Murangira yibukije abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda kuzikoresha mu bikorwa bisenya ubumwe bw’Abanyarwanda cyangwa ibindi bikorwa bigize ibyaha.
Ati: “Ahubwo zikwiye gukoreshwa mu buryo bwubaka kandi bwubahiriza amategeko.”
Ubu abatawe muri yombi bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Remera, mu gihe iperereza rigikomeje ku byaha bakurikiranyweho.