BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Igitsina gitangiye kumwinjiriza!  Davis D ku gakingirizo

Igitsina gitangiye kumwinjiriza!  Davis D ku gakingirizo

admin
Last updated: January 6, 2023 11:17 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Davis D agiye kuba icyamamare cya mbere mu Rwanda kigiye gushyirwa ku gakingirizo kazajya gakoreshwa n’abasore birinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsinda no gutera inda zitateganyijwe. Avuga ko hari  abazagakoresha kubera ari marike ye azanye ku isoko.

Isura ya Davis D yashyizwe ku gakingirizo

Mu mpera z’umwaka wa 2022 nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho ya Davis D afite agakingirizo hamwe n’umukobwa bamwe bagakeka ko yarari gusambana.

Uyu muhanzi uvuye mu bitaramo I Burundi yamaze kwemeza ko yarari mu gikorwa cyo kwamamaza agakingirizo gashya.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko ari umushinga amaze iminsi ari kwitaho hamwe n’abafatanyabikorwa be.

Kuri Instagram ye yahashyize amafoto atandukanye yerekana agakingirizo kariho ifoto ye.

Ati “Ku nshingano zanjye mu kwigisha no kubera ikitegererezo urubyiruko nishimiye kubagezaho umushinga maze iminsi nkoraho njyewe n’abafatanya bikorwa banjye.”

“Rubyiruko umwanya n’uyu wo gukaza ingamba mu kwirinda icyorezo cya SIDA n’izindi ndwara dukoresha agakingirizo.”

Aganira na UMUSEKE yavuze ko aka gakingirizo ari ake kandi ko amaze igihe kirenga umwaka ari gukora uyu mushinga.

Ati “Nagombaga gukora agakingirizo kuko urabizi nkora indirimbo bifitanye isano, iyo rero ni marike yanjye nkuko hari abagira iy’imyenda. Ibi nabikoreye urubyiruko kuko hari abazajya bagakoresha bitwaje ko ari akanjye nk’umuhanzi bakunda.”

Davis D yakomeje avuga ko mu minsi ya vuba aribwo azasobanura neza iby’utwo dukingirizo anasaba abantu kwirinda muri uyu mwaka mushya kugirango bazagire ubuzima bwiza.

View this post on Instagram

A post shared by Shine 👑 Boy (@davisd_official)

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Ni tuyiringire theogene says:
    January 8, 2023 at 1:51 pm

    Muganga atanga umuti yamanjye kuwusuma ese waragakoresheje

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026,…

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?