BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Igitsina gitangiye kumwinjiriza!  Davis D ku gakingirizo

Igitsina gitangiye kumwinjiriza!  Davis D ku gakingirizo

admin
Last updated: January 6, 2023 11:17 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Davis D agiye kuba icyamamare cya mbere mu Rwanda kigiye gushyirwa ku gakingirizo kazajya gakoreshwa n’abasore birinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsinda no gutera inda zitateganyijwe. Avuga ko hari  abazagakoresha kubera ari marike ye azanye ku isoko.

Isura ya Davis D yashyizwe ku gakingirizo

Mu mpera z’umwaka wa 2022 nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho ya Davis D afite agakingirizo hamwe n’umukobwa bamwe bagakeka ko yarari gusambana.

Uyu muhanzi uvuye mu bitaramo I Burundi yamaze kwemeza ko yarari mu gikorwa cyo kwamamaza agakingirizo gashya.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko ari umushinga amaze iminsi ari kwitaho hamwe n’abafatanyabikorwa be.

Kuri Instagram ye yahashyize amafoto atandukanye yerekana agakingirizo kariho ifoto ye.

Ati “Ku nshingano zanjye mu kwigisha no kubera ikitegererezo urubyiruko nishimiye kubagezaho umushinga maze iminsi nkoraho njyewe n’abafatanya bikorwa banjye.”

“Rubyiruko umwanya n’uyu wo gukaza ingamba mu kwirinda icyorezo cya SIDA n’izindi ndwara dukoresha agakingirizo.”

Aganira na UMUSEKE yavuze ko aka gakingirizo ari ake kandi ko amaze igihe kirenga umwaka ari gukora uyu mushinga.

Ati “Nagombaga gukora agakingirizo kuko urabizi nkora indirimbo bifitanye isano, iyo rero ni marike yanjye nkuko hari abagira iy’imyenda. Ibi nabikoreye urubyiruko kuko hari abazajya bagakoresha bitwaje ko ari akanjye nk’umuhanzi bakunda.”

Davis D yakomeje avuga ko mu minsi ya vuba aribwo azasobanura neza iby’utwo dukingirizo anasaba abantu kwirinda muri uyu mwaka mushya kugirango bazagire ubuzima bwiza.

View this post on Instagram

A post shared by Shine 👑 Boy (@davisd_official)

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Ni tuyiringire theogene says:
    January 8, 2023 at 1:51 pm

    Muganga atanga umuti yamanjye kuwusuma ese waragakoresheje

    Reply

Leave a Reply to Ni tuyiringire theogene Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
Imyidagaduro

Abarimo Djihad batawe muri yombi kubera gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina

2 Min Read
Imyidagaduro

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?