BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Igitsina gitangiye kumwinjiriza!  Davis D ku gakingirizo

Igitsina gitangiye kumwinjiriza!  Davis D ku gakingirizo

admin
Last updated: January 6, 2023 11:17 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Davis D agiye kuba icyamamare cya mbere mu Rwanda kigiye gushyirwa ku gakingirizo kazajya gakoreshwa n’abasore birinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsinda no gutera inda zitateganyijwe. Avuga ko hari  abazagakoresha kubera ari marike ye azanye ku isoko.

Isura ya Davis D yashyizwe ku gakingirizo

Mu mpera z’umwaka wa 2022 nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho ya Davis D afite agakingirizo hamwe n’umukobwa bamwe bagakeka ko yarari gusambana.

Uyu muhanzi uvuye mu bitaramo I Burundi yamaze kwemeza ko yarari mu gikorwa cyo kwamamaza agakingirizo gashya.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko ari umushinga amaze iminsi ari kwitaho hamwe n’abafatanyabikorwa be.

Kuri Instagram ye yahashyize amafoto atandukanye yerekana agakingirizo kariho ifoto ye.

Ati “Ku nshingano zanjye mu kwigisha no kubera ikitegererezo urubyiruko nishimiye kubagezaho umushinga maze iminsi nkoraho njyewe n’abafatanya bikorwa banjye.”

“Rubyiruko umwanya n’uyu wo gukaza ingamba mu kwirinda icyorezo cya SIDA n’izindi ndwara dukoresha agakingirizo.”

Aganira na UMUSEKE yavuze ko aka gakingirizo ari ake kandi ko amaze igihe kirenga umwaka ari gukora uyu mushinga.

Ati “Nagombaga gukora agakingirizo kuko urabizi nkora indirimbo bifitanye isano, iyo rero ni marike yanjye nkuko hari abagira iy’imyenda. Ibi nabikoreye urubyiruko kuko hari abazajya bagakoresha bitwaje ko ari akanjye nk’umuhanzi bakunda.”

Davis D yakomeje avuga ko mu minsi ya vuba aribwo azasobanura neza iby’utwo dukingirizo anasaba abantu kwirinda muri uyu mwaka mushya kugirango bazagire ubuzima bwiza.

View this post on Instagram

A post shared by Shine 👑 Boy (@davisd_official)

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Ni tuyiringire theogene says:
    January 8, 2023 at 1:51 pm

    Muganga atanga umuti yamanjye kuwusuma ese waragakoresheje

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
Imyidagaduro

Diddy yafatiweho icyuma muri gereza hafi yo kwicwa

1 Min Read
Imyidagaduro

Umuramyi Josh yatomagije umugore we amwifuriza isabukuru nziza 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?