BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Depite yamennye telefoni ye akoresheje inyundo

Depite yamennye telefoni ye akoresheje inyundo

admin
Last updated: October 14, 2022 1:06 am
admin
Share
SHARE

Umudepite wo muri Turukiya witwa Burak Erbay yatunguranye ubwo yafataga telefoni ye akayimena akoresheje inyundo imbere y’abadepite bagenzi be.

Burak Erbay, ubusanzwe ni uwo mu ishyaka Republican People’s Party

Amashusho agaragaza uyu mudepite ajanjagura telefoni ye igezweho.

Yagezaga ijambo ku Nteko ishinga amategeko ku wa Gatatu nk’uko ikinyamakuru cyo muri Turukiya, www.gazeteduvar.com.tr kibivuga.

Burak Erbay, ubusanzwe ni uwo mu ishyaka Republican People’s Party, ritavuga rumwe n’iriri ku butegetsi, yasabaga abadepite bagenzi be kwamagana itegeko rigamije kuvugurura irisanzweo rigenga itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga.

Itegeko rishya risaba abakoresha imbuga nkoranyambaga, ndetse n’imbuga za Internet kugaragaza abantu bakwiza ibihuha, uwo inkiko zizahamya icyo cyaha nk’uko biri muri uwo mushinga w’itegeko, akaba ashobora gufungwa imyaka itatu.

Abanenga iri tegeko rishya bavuga ko rigamije kuniga ubwisanzure bw’itangazamakuru n’ubwo gutanga ibitekerezo no kwishyira ukizana.

Depite Burak Erbay, yasabye urubyiruko kutazemera iri tegeko asaba abafite imyaka 15, 16, 17, bazatora bwa mbere, kimwe n’abafite imyaka 18, 19 na 20, kwamagana iri tegeko.

Ati “Ntabwo muzaba mwerewe kujya mu biruhuko aho mushaka, ntimuzarya ibyo mushaka, ntimuzagura telefoni nziza mushaka cyangwa imyambaro mwifuza.”

Yavuze ko itegeko rishyigikiwe n’ishyaka riri ku butegetsi AKP, n’ishyaka MHP ririshyigikiye.

Ati “Kwishyira mukizana kwanyu ni telefoni mufite mu mufuka. Hari Instagram, hari Facebook, hari Youtube, mubasha kuvuganiraho.”

Erbay, yasabye Abadepite bagenzi be niba iryo tegeko ritambutse, bakwiye kumena telefoni zabo nk’uko na we yabigenje.

Gusa, uyu mudepite avuga ko yizeye ko muri Kamena 2023, urubyiruko ruzatanga isomo rikenewe.

Iyi myitwarire ya Depite Erbay, yamaganwe na mugenzi we wo mu ishyaka AK, Ibrahim Aydemir wavuze ko idahwitse.

Undi mudepite wo mu ishyaka MHP, Erkan Akçay yashyize amakosa ku bayobozi b’Inteko, avuga ko uriya mudepite atari kwemererwa kwinjiza inyundo mu nteko ishinga amategeko.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Utuntu n'utundi

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?