BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Depite yamennye telefoni ye akoresheje inyundo

Depite yamennye telefoni ye akoresheje inyundo

admin
Last updated: October 14, 2022 1:06 am
admin
Share
SHARE

Umudepite wo muri Turukiya witwa Burak Erbay yatunguranye ubwo yafataga telefoni ye akayimena akoresheje inyundo imbere y’abadepite bagenzi be.

Burak Erbay, ubusanzwe ni uwo mu ishyaka Republican People’s Party

Amashusho agaragaza uyu mudepite ajanjagura telefoni ye igezweho.

Yagezaga ijambo ku Nteko ishinga amategeko ku wa Gatatu nk’uko ikinyamakuru cyo muri Turukiya, www.gazeteduvar.com.tr kibivuga.

Burak Erbay, ubusanzwe ni uwo mu ishyaka Republican People’s Party, ritavuga rumwe n’iriri ku butegetsi, yasabaga abadepite bagenzi be kwamagana itegeko rigamije kuvugurura irisanzweo rigenga itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga.

Itegeko rishya risaba abakoresha imbuga nkoranyambaga, ndetse n’imbuga za Internet kugaragaza abantu bakwiza ibihuha, uwo inkiko zizahamya icyo cyaha nk’uko biri muri uwo mushinga w’itegeko, akaba ashobora gufungwa imyaka itatu.

Abanenga iri tegeko rishya bavuga ko rigamije kuniga ubwisanzure bw’itangazamakuru n’ubwo gutanga ibitekerezo no kwishyira ukizana.

Depite Burak Erbay, yasabye urubyiruko kutazemera iri tegeko asaba abafite imyaka 15, 16, 17, bazatora bwa mbere, kimwe n’abafite imyaka 18, 19 na 20, kwamagana iri tegeko.

Ati “Ntabwo muzaba mwerewe kujya mu biruhuko aho mushaka, ntimuzarya ibyo mushaka, ntimuzagura telefoni nziza mushaka cyangwa imyambaro mwifuza.”

Yavuze ko itegeko rishyigikiwe n’ishyaka riri ku butegetsi AKP, n’ishyaka MHP ririshyigikiye.

Ati “Kwishyira mukizana kwanyu ni telefoni mufite mu mufuka. Hari Instagram, hari Facebook, hari Youtube, mubasha kuvuganiraho.”

Erbay, yasabye Abadepite bagenzi be niba iryo tegeko ritambutse, bakwiye kumena telefoni zabo nk’uko na we yabigenje.

Gusa, uyu mudepite avuga ko yizeye ko muri Kamena 2023, urubyiruko ruzatanga isomo rikenewe.

Iyi myitwarire ya Depite Erbay, yamaganwe na mugenzi we wo mu ishyaka AK, Ibrahim Aydemir wavuze ko idahwitse.

Undi mudepite wo mu ishyaka MHP, Erkan Akçay yashyize amakosa ku bayobozi b’Inteko, avuga ko uriya mudepite atari kwemererwa kwinjiza inyundo mu nteko ishinga amategeko.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?