BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 6, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abanyarwanda bari bafungiwe i Goma barekuwe

Abanyarwanda bari bafungiwe i Goma barekuwe

admin
Last updated: August 31, 2022 11:28 am
admin
Share
SHARE

Abanyarwanda bari bamaze igihe bafungiwe i Goma muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo barekuwe.

Aba banyarwanda barekuwe nyuma y’ibiganiro byahuje u Rwanda na RD Congo

Aba baturage bo mu Murenge wa Busasamana ho mu Karere ka Rubavu bafashwe n’Ingabo za Congo (FARDC), bagiye gutashya inkwi mu kibaya gihuza Rubavu na Congo, ariko ngo bari ku ruhande rwa Congo.

Ku wa 30 Kanama 2022 nibwo Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo byashyikirije u Rwanda aba baturage.

Rwabagejeje mu Rwanda banyuze ku mupaka munini wa La Corniche (Grande Barierre) i Rubavu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yemeje amakuru y’irekurwa ry’aba baturage, avuga ko basabye ubuyobozi bw’i Goma kumenya uburyo binjiye muri kiriya gihugu.

Ati “Nk’uko twatangiye tunaganira tunabyemeranya mu nyandiko ko hagomba kuba imibanire myiza, ubufatanye muri gahunda zitandukanye z’iterambere ry’abaturage bacu, nkeka rwose ko iki ari igisubizo kimwe Imijyi yombi yaganiriye cya gihe tubasura.”

Meya Kambogo yasabye abaturage kubaha inzego z’umutekano no kunyura ku mupaka mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ati “Nkeka ko noneho babonye isomo ko biba bitoroshye ko bashobora guhura n’ibibazo, kuko nk’abo byatumye igihugu kijya kubashaka, bashobora no kugirirwa nabi ugasanga tubihombeyemo.”

Abanyarwanda bari bafungiwe muri RD Congo ni uwitwa NIRAGIRE Speciose w’imyaka 65, BYUKUSENGE Dative w’imyaka 30, uyu ari kumwe n’umwana we w’uruhinja rw’amezi atandatu.

Abandi ni UZAMUKUNDA Clementine w’imyaka 26, NYIRARUGENDO w’imyaka 24 n’umwana w’imyaka irindwi (7).

Aba banyarwanda bafashwe tariki 22 Kanama 2022 ubwo barengaga urubibi barimo gutashya inkwi, bakekwagaho kuba intasi z’u Rwanda.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Bintu Kololo says:
    August 31, 2022 at 2:23 pm

    Inzego z’umutekano za Congo umuntu yazita Nirugaya rwica n’jnyoni..nkubu se aba batu babona harimo intasi kweli. Ngenda Congo warakongotse

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?