BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abanyarwanda bari bafungiwe i Goma barekuwe

Abanyarwanda bari bafungiwe i Goma barekuwe

admin
Last updated: August 31, 2022 11:28 am
admin
Share
SHARE

Abanyarwanda bari bamaze igihe bafungiwe i Goma muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo barekuwe.

Aba banyarwanda barekuwe nyuma y’ibiganiro byahuje u Rwanda na RD Congo

Aba baturage bo mu Murenge wa Busasamana ho mu Karere ka Rubavu bafashwe n’Ingabo za Congo (FARDC), bagiye gutashya inkwi mu kibaya gihuza Rubavu na Congo, ariko ngo bari ku ruhande rwa Congo.

Ku wa 30 Kanama 2022 nibwo Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo byashyikirije u Rwanda aba baturage.

Rwabagejeje mu Rwanda banyuze ku mupaka munini wa La Corniche (Grande Barierre) i Rubavu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yemeje amakuru y’irekurwa ry’aba baturage, avuga ko basabye ubuyobozi bw’i Goma kumenya uburyo binjiye muri kiriya gihugu.

Ati “Nk’uko twatangiye tunaganira tunabyemeranya mu nyandiko ko hagomba kuba imibanire myiza, ubufatanye muri gahunda zitandukanye z’iterambere ry’abaturage bacu, nkeka rwose ko iki ari igisubizo kimwe Imijyi yombi yaganiriye cya gihe tubasura.”

Meya Kambogo yasabye abaturage kubaha inzego z’umutekano no kunyura ku mupaka mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ati “Nkeka ko noneho babonye isomo ko biba bitoroshye ko bashobora guhura n’ibibazo, kuko nk’abo byatumye igihugu kijya kubashaka, bashobora no kugirirwa nabi ugasanga tubihombeyemo.”

Abanyarwanda bari bafungiwe muri RD Congo ni uwitwa NIRAGIRE Speciose w’imyaka 65, BYUKUSENGE Dative w’imyaka 30, uyu ari kumwe n’umwana we w’uruhinja rw’amezi atandatu.

Abandi ni UZAMUKUNDA Clementine w’imyaka 26, NYIRARUGENDO w’imyaka 24 n’umwana w’imyaka irindwi (7).

Aba banyarwanda bafashwe tariki 22 Kanama 2022 ubwo barengaga urubibi barimo gutashya inkwi, bakekwagaho kuba intasi z’u Rwanda.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Bintu Kololo says:
    August 31, 2022 at 2:23 pm

    Inzego z’umutekano za Congo umuntu yazita Nirugaya rwica n’jnyoni..nkubu se aba batu babona harimo intasi kweli. Ngenda Congo warakongotse

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?