BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abanyarwanda bari bafungiwe i Goma barekuwe

Abanyarwanda bari bafungiwe i Goma barekuwe

admin
Last updated: August 31, 2022 11:28 am
admin
Share
SHARE

Abanyarwanda bari bamaze igihe bafungiwe i Goma muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo barekuwe.

Aba banyarwanda barekuwe nyuma y’ibiganiro byahuje u Rwanda na RD Congo

Aba baturage bo mu Murenge wa Busasamana ho mu Karere ka Rubavu bafashwe n’Ingabo za Congo (FARDC), bagiye gutashya inkwi mu kibaya gihuza Rubavu na Congo, ariko ngo bari ku ruhande rwa Congo.

Ku wa 30 Kanama 2022 nibwo Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo byashyikirije u Rwanda aba baturage.

Rwabagejeje mu Rwanda banyuze ku mupaka munini wa La Corniche (Grande Barierre) i Rubavu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yemeje amakuru y’irekurwa ry’aba baturage, avuga ko basabye ubuyobozi bw’i Goma kumenya uburyo binjiye muri kiriya gihugu.

Ati “Nk’uko twatangiye tunaganira tunabyemeranya mu nyandiko ko hagomba kuba imibanire myiza, ubufatanye muri gahunda zitandukanye z’iterambere ry’abaturage bacu, nkeka rwose ko iki ari igisubizo kimwe Imijyi yombi yaganiriye cya gihe tubasura.”

Meya Kambogo yasabye abaturage kubaha inzego z’umutekano no kunyura ku mupaka mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ati “Nkeka ko noneho babonye isomo ko biba bitoroshye ko bashobora guhura n’ibibazo, kuko nk’abo byatumye igihugu kijya kubashaka, bashobora no kugirirwa nabi ugasanga tubihombeyemo.”

Abanyarwanda bari bafungiwe muri RD Congo ni uwitwa NIRAGIRE Speciose w’imyaka 65, BYUKUSENGE Dative w’imyaka 30, uyu ari kumwe n’umwana we w’uruhinja rw’amezi atandatu.

Abandi ni UZAMUKUNDA Clementine w’imyaka 26, NYIRARUGENDO w’imyaka 24 n’umwana w’imyaka irindwi (7).

Aba banyarwanda bafashwe tariki 22 Kanama 2022 ubwo barengaga urubibi barimo gutashya inkwi, bakekwagaho kuba intasi z’u Rwanda.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Bintu Kololo says:
    August 31, 2022 at 2:23 pm

    Inzego z’umutekano za Congo umuntu yazita Nirugaya rwica n’jnyoni..nkubu se aba batu babona harimo intasi kweli. Ngenda Congo warakongotse

    Reply

Leave a Reply to Bintu Kololo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?