BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Undi muvuno kuri Badrama watangije ibiganiro bitumira Aba-Stars

Undi muvuno kuri Badrama watangije ibiganiro bitumira Aba-Stars

admin
Last updated: January 10, 2023 10:06 am
admin
Share
SHARE

Umushoramari Badrama washinze inzu ifasha abahanzi ya The Mane yatangije ibiganiro ku rubuga rwa you tube aho azajya atumira ibyamamare bitandukanye bikaganira ku buzima bwabo.

Abinyujije kuri shene ya You Tube ya The Mane, Badrama yatangije ‘The Don Podcast’ aho azana ibyamamare bitandukanye bakaganira.

Aganira na Umuseke yavuze ko ari igitekerezo yagize mu rwego rwo kunganira uburyo bw’itumanaho by’umwihariko itangazamakuru ry’imyidagaduro.

Ati “Podcast ni ibintu bisanzwe kuko no muri Amerika ibyamamare byinshi birayikora. Njye rero nabikoze nshaka guhuza abafana n’ibyamamare bakunda kuko baraganira bagahuza n’ibitekerezo.”

Umwihariko w’ibi biganiro avuga ko umutumirwa aganira yisanzuye nta kwifunga kandi bizajya binabafasha kugeza ibikorwa byabo kure.

Ese Badrama yaba agiye kuba Umunyamakuru?

Badrama uretse gufasha abahanzi, akaba n’umukinnyi wa Filime n’umuhanzi hari uwatekereza ko yinjiye no mu mwuga w’itangazamakuru.

Kuri iki kibazo yagize Ati  “Sininjiye mu itangazamakuru Peee!! Podcast ubundi umustar wese ubishaka arayikora kuko ni ukugirango umu star aganire n’undi mugenzi we. Iyi yo hari uburyo itandukanye n’itangazamakuru risanzwe kuko ntabwo nzaba ndi gutangaza amakuru runaka agezweho.”

Avuga ko umuhanzi Rafiki Coga Style ariwe bazajya bakorana cyane muri ibyo biganiro.

Ati “Rafiki ni umuntu unyorohereza tugahuza cyane kubera ko hari amakuru menshi yanjye afite, ni umuntu ufite ubunararibonye muri ibi bintu.”

Iki ni igikorwa cya mbere Badrama atangiye gukora kuva yava muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri The Mane magingo aya haracyarimo umuhanzi Marina.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

1 Min Read
Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?