BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Undi muvuno kuri Badrama watangije ibiganiro bitumira Aba-Stars

Undi muvuno kuri Badrama watangije ibiganiro bitumira Aba-Stars

admin
Last updated: January 10, 2023 10:06 am
admin
Share
SHARE

Umushoramari Badrama washinze inzu ifasha abahanzi ya The Mane yatangije ibiganiro ku rubuga rwa you tube aho azajya atumira ibyamamare bitandukanye bikaganira ku buzima bwabo.

Abinyujije kuri shene ya You Tube ya The Mane, Badrama yatangije ‘The Don Podcast’ aho azana ibyamamare bitandukanye bakaganira.

Aganira na Umuseke yavuze ko ari igitekerezo yagize mu rwego rwo kunganira uburyo bw’itumanaho by’umwihariko itangazamakuru ry’imyidagaduro.

Ati “Podcast ni ibintu bisanzwe kuko no muri Amerika ibyamamare byinshi birayikora. Njye rero nabikoze nshaka guhuza abafana n’ibyamamare bakunda kuko baraganira bagahuza n’ibitekerezo.”

Umwihariko w’ibi biganiro avuga ko umutumirwa aganira yisanzuye nta kwifunga kandi bizajya binabafasha kugeza ibikorwa byabo kure.

Ese Badrama yaba agiye kuba Umunyamakuru?

Badrama uretse gufasha abahanzi, akaba n’umukinnyi wa Filime n’umuhanzi hari uwatekereza ko yinjiye no mu mwuga w’itangazamakuru.

Kuri iki kibazo yagize Ati  “Sininjiye mu itangazamakuru Peee!! Podcast ubundi umustar wese ubishaka arayikora kuko ni ukugirango umu star aganire n’undi mugenzi we. Iyi yo hari uburyo itandukanye n’itangazamakuru risanzwe kuko ntabwo nzaba ndi gutangaza amakuru runaka agezweho.”

Avuga ko umuhanzi Rafiki Coga Style ariwe bazajya bakorana cyane muri ibyo biganiro.

Ati “Rafiki ni umuntu unyorohereza tugahuza cyane kubera ko hari amakuru menshi yanjye afite, ni umuntu ufite ubunararibonye muri ibi bintu.”

Iki ni igikorwa cya mbere Badrama atangiye gukora kuva yava muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri The Mane magingo aya haracyarimo umuhanzi Marina.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
Imyidagaduro

Abarimo Djihad batawe muri yombi kubera gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina

2 Min Read
Imyidagaduro

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?