BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Undi Mudepite yeguye “haravugwa ubusinzi”, we akabihakana – IKIGANIRO KIRAMBUYE

Undi Mudepite yeguye “haravugwa ubusinzi”, we akabihakana – IKIGANIRO KIRAMBUYE

admin
Last updated: November 21, 2022 8:50 am
admin
Share
SHARE

Celestin HABIYAREMYE wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ahagarariye RPF-Inkotanyi yeguye ku mirimo ye, yabwiye UMUSEKE ko ntaho bihuriye na video yagaragayemo “yasinze”.

Celestin HABIYAREMYE wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

Amakuru Umuryango.rw wabanje kwandika iyi nkuru, avuga ko Hon Habiyaremye yaseze ku mpamvu ze bwite, gusa bikaba bikekwa ko yaba “na we yaganjwe n’inzoga”.

Umuryango uvuga ko hari video yazengutse ku mbuga nkoranyambaga bigaragara ko, Hon Celestin HABIYAREMYE atari kumvikana n’Abapolisi bashinzwe umutekano mu muhanda, kandi byose bishobora kuba byaraterwaga no gusinda.

Mu kiganiro cyihariye uyu wari Umudepite yahaye UMUSEKE yavuze ko yeguye ku mpamvu bwite.

Ati “Yego ni byo, neguye ku mpamvu zange bwite.”

https://umuseke.rw/wp-content/uploads/2022/11/WhatsApp-Audio-2022-11-21-at-08.32.10-online-audio-converter.com_.mp3

Kuri video ivugwa, ngo imaze umwaka n’amezi icyenda, bityo ngo ariyo yatumye yegura, yakabaye yareguye icyo gihe.

Avuga ko buri wese akwiye kwisuzuma akareba niba ibyo akora atanga umusaruro, kandi ahesha isura nziza Abanyarwanda, muri rusange, imyitwarire yaba itari myiza agafata icyemezo.

Yagize ati “Nashishikariza abantu bose mu byo bakora kwitwararika no kugira indangagaciro zibereye Abanyarwanda.”

Hashize igihe gito undi wari Umudepite mu Nteko, Hon.Gamariel Mbonimana yeguye na we ku mpamvu ze bwite, gusa byakurikiye imbwirwaruhame Umukuru w’Igihugu yavugiye mu birori bya Unity Club, anenga Umudepite wabaswe n’ubusinzi.

Depite Habiyaremye afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kaburi cya kaminuza mu bijyanye n’ubumenyi bw’isi mu gutunganya imijyi.

Usibye kuba yari umudepite kuva muri 2018 mbere yaho yakoze mu Kigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka, Rwanda Land Management and Use Authority(RLMUA).

Yanabaye mu nama njyanama y’Akarere ka Burera ayoboye komisiyo y’ubukungu, nyuma aza kuba Visi Perezida w’inama njyanama mbere y’uko yerekeza mu Nteko Ishinga amategeko.

Depite weguye kubera ubusinzi, yahise areka inzoga burundu – IKIGANIRO KIRAMBUYE

BAZATSINDA Jean Claude/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?