BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Undi Mudepite yeguye “haravugwa ubusinzi”, we akabihakana – IKIGANIRO KIRAMBUYE

Undi Mudepite yeguye “haravugwa ubusinzi”, we akabihakana – IKIGANIRO KIRAMBUYE

admin
Last updated: November 21, 2022 8:50 am
admin
Share
SHARE

Celestin HABIYAREMYE wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ahagarariye RPF-Inkotanyi yeguye ku mirimo ye, yabwiye UMUSEKE ko ntaho bihuriye na video yagaragayemo “yasinze”.

Celestin HABIYAREMYE wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

Amakuru Umuryango.rw wabanje kwandika iyi nkuru, avuga ko Hon Habiyaremye yaseze ku mpamvu ze bwite, gusa bikaba bikekwa ko yaba “na we yaganjwe n’inzoga”.

Umuryango uvuga ko hari video yazengutse ku mbuga nkoranyambaga bigaragara ko, Hon Celestin HABIYAREMYE atari kumvikana n’Abapolisi bashinzwe umutekano mu muhanda, kandi byose bishobora kuba byaraterwaga no gusinda.

Mu kiganiro cyihariye uyu wari Umudepite yahaye UMUSEKE yavuze ko yeguye ku mpamvu bwite.

Ati “Yego ni byo, neguye ku mpamvu zange bwite.”

https://umuseke.rw/wp-content/uploads/2022/11/WhatsApp-Audio-2022-11-21-at-08.32.10-online-audio-converter.com_.mp3

Kuri video ivugwa, ngo imaze umwaka n’amezi icyenda, bityo ngo ariyo yatumye yegura, yakabaye yareguye icyo gihe.

Avuga ko buri wese akwiye kwisuzuma akareba niba ibyo akora atanga umusaruro, kandi ahesha isura nziza Abanyarwanda, muri rusange, imyitwarire yaba itari myiza agafata icyemezo.

Yagize ati “Nashishikariza abantu bose mu byo bakora kwitwararika no kugira indangagaciro zibereye Abanyarwanda.”

Hashize igihe gito undi wari Umudepite mu Nteko, Hon.Gamariel Mbonimana yeguye na we ku mpamvu ze bwite, gusa byakurikiye imbwirwaruhame Umukuru w’Igihugu yavugiye mu birori bya Unity Club, anenga Umudepite wabaswe n’ubusinzi.

Depite Habiyaremye afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kaburi cya kaminuza mu bijyanye n’ubumenyi bw’isi mu gutunganya imijyi.

Usibye kuba yari umudepite kuva muri 2018 mbere yaho yakoze mu Kigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka, Rwanda Land Management and Use Authority(RLMUA).

Yanabaye mu nama njyanama y’Akarere ka Burera ayoboye komisiyo y’ubukungu, nyuma aza kuba Visi Perezida w’inama njyanama mbere y’uko yerekeza mu Nteko Ishinga amategeko.

Depite weguye kubera ubusinzi, yahise areka inzoga burundu – IKIGANIRO KIRAMBUYE

BAZATSINDA Jean Claude/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?