BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umusore wari utegereje gukora ubukwe, bamusanze mu ishyamba yapfuye

Umusore wari utegereje gukora ubukwe, bamusanze mu ishyamba yapfuye

admin
Last updated: November 21, 2022 1:55 pm
admin
Share
SHARE

Huye: Inkuru y’urupfu rw’umusore witwa Nshimiye wasanzwe mu ishyamba yapfuye, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki ya 21 Ugushyingo, 2022.

Akarere ka Huye kari muri iryo bara ritukura cyane

Byabereye mu mudugudu wa Kiboga mu kagari ka Shyunga mu murenge wa Rwaniro w’akarere ka Huye.

Abari aho umurambo wa nyakwigendera wari uri babwiye UMUSEKE ko nta bikomere ufite. Uyu yari asanzwe akora akazi ko gutwika amakara akaba yari ayaraririye.

Ndagijima Jean Pierre wari uri ahabereye ibi byago yagize ati “Yari araririye amakara, mu gitondo basanga aryamye muri iryo shyamba yakoreragamo yapfuye.”

Jean Pierre yakomeje avuga ko nyakwigendera amaze iminsi asezeranye mu murenge n’umugore bateganyaga kubana.

Ni we mwana ababyeyi be bari bafite wenyine.

Ati “Abantu bari kuvuga ko ashobora kuba yanyoye inzoga, noneho abo basangiye bakaba bamushyiriyemo uburozi.”

Ubwo twategura iyi nkuru Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwaniro, Rugira Amanda Jean Paul yabwiye UMUSEKE ko amakuru y’urupfu rw’uriya musore bayamenye, ariko bazindukiye mu kandi kazi bataragera aho byabereye

Ati “Njye na RIB tugiye kwerekezayo nibwo tumenya byinshi tuhageze.”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko nyakwigendera yavukaga mu karere ka Gisagara, mu murenge wa Kansi mu kagari ka Akaboti, mu mudugudu wa Ruhuha.

Théogène NSHIMIYIMANA/UMUSEKE.RW i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?