BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umusore wari utegereje gukora ubukwe, bamusanze mu ishyamba yapfuye

Umusore wari utegereje gukora ubukwe, bamusanze mu ishyamba yapfuye

admin
Last updated: November 21, 2022 1:55 pm
admin
Share
SHARE

Huye: Inkuru y’urupfu rw’umusore witwa Nshimiye wasanzwe mu ishyamba yapfuye, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki ya 21 Ugushyingo, 2022.

Akarere ka Huye kari muri iryo bara ritukura cyane

Byabereye mu mudugudu wa Kiboga mu kagari ka Shyunga mu murenge wa Rwaniro w’akarere ka Huye.

Abari aho umurambo wa nyakwigendera wari uri babwiye UMUSEKE ko nta bikomere ufite. Uyu yari asanzwe akora akazi ko gutwika amakara akaba yari ayaraririye.

Ndagijima Jean Pierre wari uri ahabereye ibi byago yagize ati “Yari araririye amakara, mu gitondo basanga aryamye muri iryo shyamba yakoreragamo yapfuye.”

Jean Pierre yakomeje avuga ko nyakwigendera amaze iminsi asezeranye mu murenge n’umugore bateganyaga kubana.

Ni we mwana ababyeyi be bari bafite wenyine.

Ati “Abantu bari kuvuga ko ashobora kuba yanyoye inzoga, noneho abo basangiye bakaba bamushyiriyemo uburozi.”

Ubwo twategura iyi nkuru Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwaniro, Rugira Amanda Jean Paul yabwiye UMUSEKE ko amakuru y’urupfu rw’uriya musore bayamenye, ariko bazindukiye mu kandi kazi bataragera aho byabereye

Ati “Njye na RIB tugiye kwerekezayo nibwo tumenya byinshi tuhageze.”

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko nyakwigendera yavukaga mu karere ka Gisagara, mu murenge wa Kansi mu kagari ka Akaboti, mu mudugudu wa Ruhuha.

Théogène NSHIMIYIMANA/UMUSEKE.RW i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?