BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umushahara uri munsi y’ibihumbi 60 Frw ntuzongera gusoreshwa mu Rwanda

Umushahara uri munsi y’ibihumbi 60 Frw ntuzongera gusoreshwa mu Rwanda

admin
Last updated: November 2, 2022 2:51 pm
admin
Share
SHARE

Abakozi bahembwa umushahara uri munsi y’ibihumbi 60 Frw ku kwezi bakuriweho umusoro uhereye mu Ugushyingo 2022, nk’uko biteganywa n’itegeko rishya rigena umusoro ku musaruro.

Abakozi bahembwa munsi y’ibihumbi 60 Frw ntibazongera gusoreshwa

Ni itegeko ryasohowe mu Cyumweru gishize mu igazeti ya Leta idasanzwe yo kuwa 28 Ukwakira 2022, itegeko nomero 027/2022 ryo ku wa 20/10/2022 rishyiraho imisoro ku musaruro.

Mu itangazo ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro, kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2022, abasoreshwa bibukijwe ko nk’uko bigaragara mu ngingo ya 56 y’iri tegeko, guhera muri uku kwezi umusoro ku mushahara uzabarwa hakurikijwe ibyo itegeko riteganya.

Bati “RRA iramenyesha abasora bose ko hasohotse itegeko rishya No 027/2022 rishyiraho imisoro ku musaruro nk’uko ryatangajwe mu igazeti yo kuwa 28 Ukwakira 2022. Tuboneyeho kumenyesha abakoresha bose ko umusoro ku mushahara w’ukwezi k’Ugushyingo 2022 uzabarwa hakurikijwe ibiteganywa n’ingingo ya 56 y’iri tegeko rishya.”

Iyi ngingo ya 56 ivuga ko ku musoro ufatirwa ku musaruro ukomoka ku murimo, uhereye ku itariki iri tegeko ryatangiriye gukurikizwa, umwaka wa mbere guhera ku mafaranga 0 kugeza ku bihumbi 60 Frw umusoro ungana na 0%.

Kuva kuri 60,001 Frw kugeza ku 100,000 Frw umusoro ni 20%, guhera ku 100,001 Frw kuzamuka umusoro utangwa ni 30%.

Ni mu gihe kuva mu mwaka wa kabiri iri tegeko ritangiye gukurikizwa, kuva mu mushahara wa 0 kugeza ku bihumbi 60 Frw umusoro uzaba 0%, ibihumbi 60 Frw kugeza ku 100 Frw uzava kuri 20% ugere ku 10%, naho kuva ku mafaranga 100,001 Frw kugeza kuri 200,000 Frw umusoro ube 20%.

Abakozi bahembwa umushahara uri hejuru y’ibihumbi 200,001 bazajya basora umusoro ku musaruro w’umurimo ungana na 30%.

Ubusanzwe umusoro watangagwa ku mushahara guhera ku bihumbi 30 Frw, aho kugeza ku bihumbi 100 Frw bishyuraga 20% y’umushahara, kujyana hejuru y’ibihumbi 100 Frw basoraga 30% by’ayo binjije.

Mu mpamu zatanzwe ku ntego y’iri tegeko, hasobanuwe ko rigamije kugabanya uburemere bw’umusoro ucibwa abakozi bafite umushahara muto no guteza imbere umurimo mu Rwanda.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Anonymous says:
    November 2, 2022 at 8:59 pm

    Nubundi abantu bari barashize 30k bagasora Koko mubusabusa.

    Hariya naho guhera 101 kuzamura 30%nabwo biracyakabije.

    Nubwo umwaka wa 2nugera bazamanura.

    Reply
  • Anonymous says:
    November 5, 2022 at 12:43 pm

    Murakoze cyane pe kuko nibiribwahanze byarahenze

    Reply

Leave a Reply to Anonymous Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?