BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Feb 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

admin
Last updated: February 16, 2026 4:31 pm
admin
Share
SHARE

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho kwambika abakomeye, yitabye Urukiko ngo aburane ku bujurire bw’igifungo cy’imyaka itatu, ariko avuga ko atiteguye kuburana.

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo uyu muhanga mu guhimba imideri, rwari ruteganyijwe kuburanishwa n’Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026 ku cyicaro cyarwo.

Uyu musore wahamijwe ibyaha birimo guhimba cyangwa guhindura urwandiko rw’inzira n’icyo gukoresha ibiyobyabwenge, akatirwa igifungo cy’imyaka itatu no kwishyura ihazabu ya miliyoni 2 Frw.

Iki gihano yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugengemu mu kwezi k’Ukuboza 2024, ni na cyo yajuririye mu Rukiko Rukuru, yagombaga kuburana ubujurire bwacyo uyu munsi.

Ubwo yazaga imbere y’Urukiko kuri uyu wa Mbere, Moses yavuze ko atiteguye kuburana kuko afite umunyamategeko umwuganira mushya ari we Me Mukeshimana Albertine wasimbuye Me Bayisabe Irene wamwunganiraga mbere.

Uregwa yavuze ko anafite uburwayi, bityo ko atabonye umwanya wo gutegurana urubanza n’uyu munyamategeko we mushya, bakaba bakeneye igihe cyo kwicarana ngo bategure urubanza.

Ibi kandi byanashimangiwe n’uyu munyamategeko wavuze ko batabonye umwanya uhagije wo kwiga dosiye no gutegura urubanza, bityo ko bakeneye umwanya.

Ubushinjacyaha na bwo buvuga ko kunganirwa k’uregwa ari uburenganzira bwe, buvuga ko mu gihe Urukiko rwabeyemera uregwa n’umunyamategeko we bahabwa umwanya. Urukiko rwahise rufata icyemezo cyo gusubira uru rubanza, rurwimurira tariki 16 Werurwe 2026.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho…

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Umunyeshuri w’i Karongi akurikiranyweho gutema abarimu babiri

2 Min Read
Ubutabera

Ukekwaho kwica umuntu i Muhanga yafatiwe i Rubavu arimo gutoroka

2 Min Read
Ubutabera

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

2 Min Read
Ubutabera

Mugisha ukekwaho kwica agonze mugenzi we, dosiye ye yoherejwe mu bushinjacyaha

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?