BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ndege y’intambara ya Congo yuruvogereye

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ndege y’intambara ya Congo yuruvogereye

admin
Last updated: December 28, 2022 9:07 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo ryo kwamagana igikorwa cy’ubushotoranyi, ivuga ko cyakozwe n’indege y’intambara ya Congo Kinshasa, mu mazi y’ikiyaga cya Kivu.

Congo ikoresha indege za kera zitwa Sukhoi-25 zakorewe muri Leta z’Abasoviyete

Indege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 y’ingabo za Congo, ku manywa kuri uyu wa Gatatu, yavogereye ikirere cy’u Rwanda ndetse ababibonye babwiye UMUSEKE ko ingabo z’u Rwanda zirwanira mu mazi zayerekejeho amasasu mu rwego rwo gutanga gasopo.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko kiriya gikorwa cyabaye ahagana saa sita z’amanywa (12h00 p.m), ariko ngo iriya ndege yahise isubira muri Congo.

U Rwanda ruvuga ko rwongeye kwamagana kuvogera ikirere cyarwo bikozwe n’indege z’intambara z’igisirikare cya Congo.

Guverinoma y’u Rwanda yibutsa ko igikorwa cyo kuri uyu wa Gatatu, n’ubundi kiri mu bundi bushotoranyi busa na bwo bwabaye tariki 07 Ugushyingo, 2022, na bwo indege ya buriya bwoko bwa Sukhoi-25 yavogereye ikirere cy’u Rwanda “ndetse igwa ku kibuga cy’indege cy’i Rubavu” nyuma isubira muri Congo.

U Rwanda rukavuga ko ubu bushotoranyi bunyuranije n’ibyemejwe mu biganiro by’i Luanda n’inzira ya Nairobi byose bigamije gukemura ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi mu mahoro.

Itangazo rivuga ko Ubuyobozi bwo muri Congo, bugendera ku birego bya bamwe mu bayobozi ku isi (international community) bashinja u Rwanda ku kantu kose n’ibibazo biri muri Congo, ariko bakirengagiza ubushotoranyi bukorwa na Congo.

U Rwanda rusaba ko ubwo bushotoranyi buhagarara.

Indege y’intambara yinjiye mu Rwanda bayerekezaho amasasu (Audio)

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?