BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ndege y’intambara ya Congo yuruvogereye

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ndege y’intambara ya Congo yuruvogereye

admin
Last updated: December 28, 2022 9:07 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo ryo kwamagana igikorwa cy’ubushotoranyi, ivuga ko cyakozwe n’indege y’intambara ya Congo Kinshasa, mu mazi y’ikiyaga cya Kivu.

Congo ikoresha indege za kera zitwa Sukhoi-25 zakorewe muri Leta z’Abasoviyete

Indege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 y’ingabo za Congo, ku manywa kuri uyu wa Gatatu, yavogereye ikirere cy’u Rwanda ndetse ababibonye babwiye UMUSEKE ko ingabo z’u Rwanda zirwanira mu mazi zayerekejeho amasasu mu rwego rwo gutanga gasopo.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko kiriya gikorwa cyabaye ahagana saa sita z’amanywa (12h00 p.m), ariko ngo iriya ndege yahise isubira muri Congo.

U Rwanda ruvuga ko rwongeye kwamagana kuvogera ikirere cyarwo bikozwe n’indege z’intambara z’igisirikare cya Congo.

Guverinoma y’u Rwanda yibutsa ko igikorwa cyo kuri uyu wa Gatatu, n’ubundi kiri mu bundi bushotoranyi busa na bwo bwabaye tariki 07 Ugushyingo, 2022, na bwo indege ya buriya bwoko bwa Sukhoi-25 yavogereye ikirere cy’u Rwanda “ndetse igwa ku kibuga cy’indege cy’i Rubavu” nyuma isubira muri Congo.

U Rwanda rukavuga ko ubu bushotoranyi bunyuranije n’ibyemejwe mu biganiro by’i Luanda n’inzira ya Nairobi byose bigamije gukemura ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi mu mahoro.

Itangazo rivuga ko Ubuyobozi bwo muri Congo, bugendera ku birego bya bamwe mu bayobozi ku isi (international community) bashinja u Rwanda ku kantu kose n’ibibazo biri muri Congo, ariko bakirengagiza ubushotoranyi bukorwa na Congo.

U Rwanda rusaba ko ubwo bushotoranyi buhagarara.

Indege y’intambara yinjiye mu Rwanda bayerekezaho amasasu (Audio)

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?