BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Batatu bakurikiranyweho gutema abaturage

Ruhango: Batatu bakurikiranyweho gutema abaturage

admin
Last updated: November 3, 2022 4:48 pm
admin
Share
SHARE

Abagabo batatu bo mu Karere ka Ruhango bafunzwe bakekwaho gutemesha imihoro abaturage. Ubuyobozi bwabwiye UMUSEKE ko bikekwa ko ari abajura.

UMUSEKE wamenye amakuru ko ku mugoroba wo ku wa 02 Ugushyingo 2022, abagizi ba nabi bitwaje imihoro mu masakoshi bateze abaturage babiri, barimo umwe usanzwe utanga serivisi z’itumanaho, Mobile Money (agent), barabatema bagamije kubambura, ariko inzego z’umutekano zitabara batarashiramo umwuka.

Umuyobozi w’AKarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yahamirije UMUSEKE ko abakekwaho biriya bamaze gutabwa muri yombi.

Yagize ati ”Byabaye mu ijoro ry’ejo ariko ni abantu baketswemo abajura bashakaga kwiba, hanyuma basanga abantu mu nzira bagenda, ntabwo tuzi niba ari umwe cyangwa ari benshi, ariko abantu bahohotewe bo ni babiri.”

Yakomeje agira ati ”Birakurikiranywa, abakekwa ni batatu barafashwe, bafungiye kuri sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, ya Ruhango.”

Uyu muyobozi yavuze ko abahohotewe bihutanywe kwa muganga. Umwe arwariye mu Bitaro bya Kaminuza ya Butare, undi we yahise asezererwa.

Meya Habarurema yabwiye UMUSEKE ko muri uyu murenge hadasanzwe ubugizi bwa nabi, asaba abantu kudakuka umutima.

Yagize ati “Abaturage bakwiye gukomeza kwikorera akazi bisanzwe nta gitangaza gihari, iyo umujura aje, hari inzego zikora akazi nk’uko zagakoze.”

Yakomeje agira ati ”Akarere ka Ruhango karatekanye nta bugizi bwa nabi budasanzwe buhari, ariko uwo muntu umwe cyangwa babiri, ntabwo dushobora kugira ahantu habura umuntu umeze gutyo.”

UMUSEKE wamenye amakuru ko kuva ku wa gatanu w’icyumweru gishize, ku mugoroba hari abantu bikekwa ko ari abajura bitwaje  imihoro mu masakoshi batangiye kwambura abaturage by’umwihariko abakora akazi  ko gutanga serivisi z’itumanaho mu mujyi wa Ruhango. Ugerageje kubyanga agirirwa nabi.

Ibi bibaye mu gihe nabwo muri Kanama uyu mwaka muri aka Karere, umupolisi witwa Mukeshimana Claudine ukorera kuri Sitasiyo  ya Byimana, n’undi mugabo bakomerekejwe n’abagizi ba nabi babatemye.

Abo bagizi ba nabi batemye abantu barabakomeretsa cyane

 TUYISHIMIRE RAYMOND & MUHIZI Elisée/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Manager says:
    November 4, 2022 at 11:10 am

    Ibyo muri Ruhango byo ni amayobera hari abantu benshi badakora kdi bakeneye kubaho nibindi nkatwe twese dukeneye.
    Ngewe ubwange nkeka ko Ariyo mpamvu yubugizi bwa nabi
    Uhereye Kanyarira (Byimana Ruhango), Ntenyo, Mwendo, Kinazi, Ruhango, Kirengeri haha abajura bo guhashywa ninzego zifite intwaro

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?