BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umwami Charles III 

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umwami Charles III 

admin
Last updated: September 15, 2022 4:27 pm
admin
Share
SHARE
Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Nzeri 2022, yagiranye ibiganiro kuri telefoni n’Umwami Charles III w’ubwongereza.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umwami Charles III
Perezida Kagame kuri twitter yatangaje ko yamwihanganishije nyuma yo kubura nyina umubyara, Umwamikazi Elizabeth Il.

Yagize ati“Nagize amahirwe yo kuganira kuri telefoni no kwihanganisha umwami Charles III ,kubwo kubura umubyeyi we, Umwamikazi Elizabeth.”

Yakomeje agira ati“URwanda ruzakomeza gukorana n’umwami Charles III mu guteza imbere Intego za Commonwealth muri serivisi zihabwa abaturage bacu.”

Kuwa 8 Nzeri uyu mwaka, nibwo byatangajwe ko Umwamikazi Elizabeth II, wari umaze igihe kinini ku ntebe y’Ubwami, yatanze, afite imyaka 96, yari amaze ku ngoma imyaka 70.

Icyo gihe itanga rye ryemejwe n’ingoro  ya Buckingham , aho yagize Iii “Umwamikazi yatanze mu mahoro i Balmoral kuri iki gicamunsi.”

Mbere y’itanga rye nabwo byari byatangajwe ko ubuzima bwe buri mu marembera.

URwanda n’uBwongereza bihuriye mu muryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’icyongereza, Commonwealth, uyobowe na Perezida Paul Kagame w’uRwanda.

Muri Kamena  uyu mwaka, Umwami Charles III ni umwe mu bitabiriye inama ihuza abagize uwo muryango, CHOGM, yabereye mu Rwanda.

Usibye kuba ibihugu byombi bihuriye muri uwo muryango,  bisanzwe bifitanye ubushuti bwihariye.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Ndengejeho Henry says:
    September 15, 2022 at 8:52 pm

    Byaba aribyo ko Perezida Kagame atatumiwe mu ishyingurwa lya Elisabeth w’Ubwongereza? Bibaye aribyo se byaba bifite aho bihuriye nuko Umwami mushya Charles III yagaye icyemezo cyo kwohereza abimukira mu Rwanda?

    Reply
  • Ndengejeho Henry says:
    September 15, 2022 at 8:52 pm

    Byaba aribyo ko Perezida Kagame atatumiwe mu ishyingurwa lya Elisabeth w’Ubwongereza? Bibaye aribyo se byaba bifite aho bihuriye nuko Umwami mushya Charles III yagaye icyemezo cyo kwohereza abimukira mu Rwanda?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?