BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Nyanza: DASSO arafunzwe, akekwaho gutuma umuturage avunika akaguru

Nyanza: DASSO arafunzwe, akekwaho gutuma umuturage avunika akaguru

admin
Last updated: October 31, 2022 12:57 pm
admin
Share
SHARE

Umukozi w’urwego rushinzwe kunganira akarere mu gucunga umutekano (DASSO) amaze icyumweru kirenzeho iminsi micye afunzwe, akekwaho uruhare mu gutuma umuturage avunika akaguru.

Uyu muturage avuga ko ibyabaye kuri DASSO ari impanuka ndetse ko yiteguye kumuha imbabazi

Umusore witwa Gasigwa Venuste w’imyaka 29 arwariye mu bitaro bya Gatagara  biherereye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, ubusanzwe atuye mu mudugudu wa Nyarurama mu kagari ka Ruvuzo mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza.

Yabwiye UMUSEKE ko yagiye kurangura inzoga yitwa urwarwa rw’ibitoki ari kugaruka abona DASSO zaje gukora umukwabu wo gushaka inzoga z’inkorano kwa sebuja (asanzwe anotsa inyama mu kabari ke), we ahita yiruka yikoreye ijerekani, DASSO na yo imwirukaho.

Ati “Nabonye ubuyobozi nsubira inyuma, maze bantunga urutoki, DASSO Emmanuel (Ntakiyimana) aranyirukankana nikoreye ijerekani, ngira ubwo nzishyira hasi arakomeza aranyirukankana, tugera ku mukingo turasimbuka ahita angwa hejuru mpita mvunika.”

Gasigwa Venuste akomeza avuga ko bahise bamujyana kwa muganga ku kigo nderabuzima, ariko ubu ari mu bitaro bya Gatagara arwajwe na mukuru we, ntabasha guhina akaguru, afiteho igisima, kugira ngo agira aho ajya bisaba kumuterura bagatereka ku kagare maze bakamusunika, ukuguru kwe kwarabazwe

Ati “Inzoga nari mfite ntizamenetse, ikosa yakoze ni ugukomeza akanyirukankana.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Erasme Ntazinda yabwiye UMUSEKE ko DASSO Emmanuel Ntakiyimana yatawe muri yombi.

Ati “DASSO yatawe muri yombi, RIB iri gukora iperereza.”

Umunyamakuru wa UMUSEKE yabajije Gasigwa magingo aya igihe akirwariye mu bitaro imibereho ye uko yifashe, asubiza ko bamwemereye kumuvuza ngo akire kandi banamutangiye mituweli kuko ntayo yagiraga.

Ati “Byose nibo babinkoreye, ngeze aha kubera bo kandi ibyabaye byari impanuka n’imbabazi mbonye uko najya kuzimusabira najyayo.”

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Bakaja says:
    October 31, 2022 at 6:45 pm

    Rwose azamubabarire nibyamugwiririye

    Reply
  • Hafashimana Frederick says:
    October 31, 2022 at 7:48 pm

    nubwo yakoze ikoze iko akamwirukaho akwiye imbabazi ark DASSO zikwiye amahugurwa yuko babana n’abaturage

    Reply
    • Hafashimana Frederick says:
      October 31, 2022 at 7:52 pm

      nubwo yakoze ikosa iko akamwirukaho akwiye imbabazi ark DASSO zikwiye amahugurwa yuko babana n’abaturage

      Reply
  • Hafashimana Frederick says:
    October 31, 2022 at 7:53 pm

    nubwo yakoze ikosa iko akamwirukaho akwiye imbabazi ark DASSO zikwiye amahugurwa yuko babana n’abaturage

    Reply
  • Rukundo says:
    November 1, 2022 at 2:45 am

    Inzego bireba zifungure DASSO zimutegeke kuvuza uriya muturage kugeza yorohewe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?