BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Umugabo n’umugore basanzwe bapfuye bikekwa ko biyahuye

Musanze: Umugabo n’umugore basanzwe bapfuye bikekwa ko biyahuye

admin
Last updated: August 6, 2022 5:24 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo umwe w’imyaka 23 wo mu Murenge wa Gacaca n’undi mugore wo mu Murenge wa Nyange w’imyaka 35 basanzwe bapfuye, harakekwa ko biyambuye ubuzima nk’uko ubuyobozi bw’Akarere bwabibwiye UMUSEKE.

Mu Karere ka Musanze ni mu ibara ritukura

Amakuru avuga ko ku munsi w’ejo aribwo Umugabo  w’imyaka 23 wo mu Murenge wa Gacaca yasanzwe mu mugozi, bigakekwa ko yaba yiyahuye.

Abaturage bavuga ko yari amaze amezi macye yubatse urugo ndetse ko bikekwa ko yaba yarasanganywe indwara zo mu mutwe, n’ibibazo by’ihungabana bikaba ari byo byamuteye gufata icyo cyemezo.

Umugore wo mu Murenge wa Nyange naho mu Karere ka Musanze, na we  kuri uwo munsi yakuwe mu mugozi n’umugabo we agerageza kwiyahura ariko agezwa ku Kigo Nderabuzima cya Kinigi ahita ashiramo umwuka.

Uyu mugore bikekwa ko yari afitanye amakimbirane n’umugabo we.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier yahamirije  Umuseke ko ari ukuri ndetse ko  ibyabaye ari ibyago bikomeye.

Yagize ati “Nibyo byabaye ku munsi w’ejo. Ni ibyago byabaye kumva ko hari abiyambura ubuzima.”

Ramuli yasabye ko mu gihe mu baturage hagaragara abafite Ibibazo byajya bimenyeshwa ubuyobozi hakiri kare, ufite iby’ubuzima akegerwa.

Yagize ati “Twasaba ko ahari ikibazo cy’ihungabana cy’uko wenda yaba agaragaza ubuzima mu mutwe butameze neza, kubegera no kubagaragaza, hakaba gahunda zo kubageza kwa muganga kuko ni Ibibazo bivurwa bugakira.”

Yakomeje ati “Abandi wenda haba hari amakimbirane wenda agaragara, hari imiryango ifite bene ibyo bibazo ikegerwa, bakaganirizwa, hagamijwe gukumira ayo makimbirane n’imfu.”

Yasabye ubufatanye hagati y’abaturage n’ubuyobozi mu gukumira amakimbirane yo mu miryango.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • kigoyi says:
    August 7, 2022 at 8:03 am

    Benshi mu bantu biyahura baba barwaye Depression.Buri mwaka,ku isi yose hiyahura abantu babarirwa kuli 1 million,ariko muri bo,ibihumbi 200 barabigerageza bikanga.Hiyahura umuntu umwe buri masegonda 40.Muli Nigeria,abantu bagera kuli 50 biyahura buri kwezi kubera Betting.Report ya Rwanda Biomedical Center (RBC) ivuga ko buri kwezi mu Rwanda abantu bagera ku ijana bagerageza kwiyahura.Mu isi nshya dutegereje izaba paradizo ivugwa muli 2 Petero 3:13 ,nta muntu uzongera kwiyahura,kubera ko ibibazo byose bizavaho burundu.Ndetse n’urupfu ruzavaho nkuko Ibyahishuwe 21:4 havuga.Iyo paradizo izaturwamo gusa n’abantu bumvira Imana,kubera ko ku munsi w’imperuka,abakora ibyo Imana itubuza bose izabakura mu isi nkuko Imigani 2:21,22 havuga.

    Reply

Leave a Reply to kigoyi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Musanze: Umugabo n’umugore basanzwe bapfuye bikekwa ko biyahuye

Musanze: Umugabo n’umugore basanzwe bapfuye bikekwa ko biyahuye

admin
Last updated: August 6, 2022 5:24 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo umwe w’imyaka 23 wo mu Murenge wa Gacaca n’undi mugore wo mu Murenge wa Nyange w’imyaka 35 basanzwe bapfuye, harakekwa ko biyambuye ubuzima nk’uko ubuyobozi bw’Akarere bwabibwiye UMUSEKE.

Mu Karere ka Musanze ni mu ibara ritukura

Amakuru avuga ko ku munsi w’ejo aribwo Umugabo  w’imyaka 23 wo mu Murenge wa Gacaca yasanzwe mu mugozi, bigakekwa ko yaba yiyahuye.

Abaturage bavuga ko yari amaze amezi macye yubatse urugo ndetse ko bikekwa ko yaba yarasanganywe indwara zo mu mutwe, n’ibibazo by’ihungabana bikaba ari byo byamuteye gufata icyo cyemezo.

Umugore wo mu Murenge wa Nyange naho mu Karere ka Musanze, na we  kuri uwo munsi yakuwe mu mugozi n’umugabo we agerageza kwiyahura ariko agezwa ku Kigo Nderabuzima cya Kinigi ahita ashiramo umwuka.

Uyu mugore bikekwa ko yari afitanye amakimbirane n’umugabo we.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier yahamirije  Umuseke ko ari ukuri ndetse ko  ibyabaye ari ibyago bikomeye.

Yagize ati “Nibyo byabaye ku munsi w’ejo. Ni ibyago byabaye kumva ko hari abiyambura ubuzima.”

Ramuli yasabye ko mu gihe mu baturage hagaragara abafite Ibibazo byajya bimenyeshwa ubuyobozi hakiri kare, ufite iby’ubuzima akegerwa.

Yagize ati “Twasaba ko ahari ikibazo cy’ihungabana cy’uko wenda yaba agaragaza ubuzima mu mutwe butameze neza, kubegera no kubagaragaza, hakaba gahunda zo kubageza kwa muganga kuko ni Ibibazo bivurwa bugakira.”

Yakomeje ati “Abandi wenda haba hari amakimbirane wenda agaragara, hari imiryango ifite bene ibyo bibazo ikegerwa, bakaganirizwa, hagamijwe gukumira ayo makimbirane n’imfu.”

Yasabye ubufatanye hagati y’abaturage n’ubuyobozi mu gukumira amakimbirane yo mu miryango.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • kigoyi says:
    August 7, 2022 at 8:03 am

    Benshi mu bantu biyahura baba barwaye Depression.Buri mwaka,ku isi yose hiyahura abantu babarirwa kuli 1 million,ariko muri bo,ibihumbi 200 barabigerageza bikanga.Hiyahura umuntu umwe buri masegonda 40.Muli Nigeria,abantu bagera kuli 50 biyahura buri kwezi kubera Betting.Report ya Rwanda Biomedical Center (RBC) ivuga ko buri kwezi mu Rwanda abantu bagera ku ijana bagerageza kwiyahura.Mu isi nshya dutegereje izaba paradizo ivugwa muli 2 Petero 3:13 ,nta muntu uzongera kwiyahura,kubera ko ibibazo byose bizavaho burundu.Ndetse n’urupfu ruzavaho nkuko Ibyahishuwe 21:4 havuga.Iyo paradizo izaturwamo gusa n’abantu bumvira Imana,kubera ko ku munsi w’imperuka,abakora ibyo Imana itubuza bose izabakura mu isi nkuko Imigani 2:21,22 havuga.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?