BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Bamwe mu bibye urugo rw’umukecuru w’imyaka 87 bafashwe

Muhanga: Bamwe mu bibye urugo rw’umukecuru w’imyaka 87 bafashwe

admin
Last updated: October 2, 2022 11:54 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyeza buvuga ko hari abantu batatu bafatanywe bimwe mu byo bibye mu nzu y’umukecuru w’imyaka 87 witwa Kampire Marianne.

Kampire Mariane yabyutse asanga abajura bamennye ibirahuri by’urugi, banatwaye iby’agaciro yari afite mu nzu

Abagabo batatu bafashwe barimo Niyomugenga Pascal bahimba Gisoviyo w’imyaka 32 y’amavuko, Ntigurirwa Faustin w’imyaka 28, uyu yasanganywe ibishyimbo by’uwo mukecuru.

Bombi ni abo mu mudugudu wa Kabere, Akagari ka Nyagushubi, mu Murenge wa Nyarubaka muri Kamonyi.

Undi wafashwe yitwa Claude Manishimwe w’imyaka 22 ni uwo mu mudugudu wa Gitega, akagari ka Kivumu mu murenge wa Musambira.

We yasanganganywe isafuriya y’uwo mukecuru, yafatiwe ku nshoreke babyaranye.

Abakekwaho buriya bujura bafashwe bashyikirijwe RIB, station ya Nyamabuye, mu gihe hagishakishwa abandi babifitemo uruhare.

Umukecuru wibwe uyu munsi arajya gutanga ikirego kuri RIB.

Kampire Marianne w’imyaka 87 atuye mu Mudugudu wa Musengo, mu Kagari ka Kivumu, mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, mu ijoro ryo ku wa 29 Nzeri rishyira tariki ya 30, nibwo yabyutse asanga abajura bamennye ibirahuri by’urugi ubundi batwara ibintu byose yari afite mu nzu harimo televiziyo na gas.

Ubuyobozi buvuga ko mu ijoro ryo ku wa 01/10/2022 mu masaha ya saa yine z’ijoro (22h00′) ku bufatanye n’abaturage bo mu kagari ka Nyagishubi, umurenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi n’abayobozi bo mu mirenge ya Nyarubaka na Cyeza, hakozwe operasiyo yo gufata abakekwaho kwiba urugo rw’uriya mukecuru.

Nibwo hafashwe bariya bagabo batatu.

Muhanga: Umukecuru w’imyaka 87 yabyutse asanga abajura bamucucuye

MUHIZI Elisee
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?