BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Bamwe mu bibye urugo rw’umukecuru w’imyaka 87 bafashwe

Muhanga: Bamwe mu bibye urugo rw’umukecuru w’imyaka 87 bafashwe

admin
Last updated: October 2, 2022 11:54 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyeza buvuga ko hari abantu batatu bafatanywe bimwe mu byo bibye mu nzu y’umukecuru w’imyaka 87 witwa Kampire Marianne.

Kampire Mariane yabyutse asanga abajura bamennye ibirahuri by’urugi, banatwaye iby’agaciro yari afite mu nzu

Abagabo batatu bafashwe barimo Niyomugenga Pascal bahimba Gisoviyo w’imyaka 32 y’amavuko, Ntigurirwa Faustin w’imyaka 28, uyu yasanganywe ibishyimbo by’uwo mukecuru.

Bombi ni abo mu mudugudu wa Kabere, Akagari ka Nyagushubi, mu Murenge wa Nyarubaka muri Kamonyi.

Undi wafashwe yitwa Claude Manishimwe w’imyaka 22 ni uwo mu mudugudu wa Gitega, akagari ka Kivumu mu murenge wa Musambira.

We yasanganganywe isafuriya y’uwo mukecuru, yafatiwe ku nshoreke babyaranye.

Abakekwaho buriya bujura bafashwe bashyikirijwe RIB, station ya Nyamabuye, mu gihe hagishakishwa abandi babifitemo uruhare.

Umukecuru wibwe uyu munsi arajya gutanga ikirego kuri RIB.

Kampire Marianne w’imyaka 87 atuye mu Mudugudu wa Musengo, mu Kagari ka Kivumu, mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, mu ijoro ryo ku wa 29 Nzeri rishyira tariki ya 30, nibwo yabyutse asanga abajura bamennye ibirahuri by’urugi ubundi batwara ibintu byose yari afite mu nzu harimo televiziyo na gas.

Ubuyobozi buvuga ko mu ijoro ryo ku wa 01/10/2022 mu masaha ya saa yine z’ijoro (22h00′) ku bufatanye n’abaturage bo mu kagari ka Nyagishubi, umurenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi n’abayobozi bo mu mirenge ya Nyarubaka na Cyeza, hakozwe operasiyo yo gufata abakekwaho kwiba urugo rw’uriya mukecuru.

Nibwo hafashwe bariya bagabo batatu.

Muhanga: Umukecuru w’imyaka 87 yabyutse asanga abajura bamucucuye

MUHIZI Elisee
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?