BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Bamwe mu bibye urugo rw’umukecuru w’imyaka 87 bafashwe

Muhanga: Bamwe mu bibye urugo rw’umukecuru w’imyaka 87 bafashwe

admin
Last updated: October 2, 2022 11:54 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyeza buvuga ko hari abantu batatu bafatanywe bimwe mu byo bibye mu nzu y’umukecuru w’imyaka 87 witwa Kampire Marianne.

Kampire Mariane yabyutse asanga abajura bamennye ibirahuri by’urugi, banatwaye iby’agaciro yari afite mu nzu

Abagabo batatu bafashwe barimo Niyomugenga Pascal bahimba Gisoviyo w’imyaka 32 y’amavuko, Ntigurirwa Faustin w’imyaka 28, uyu yasanganywe ibishyimbo by’uwo mukecuru.

Bombi ni abo mu mudugudu wa Kabere, Akagari ka Nyagushubi, mu Murenge wa Nyarubaka muri Kamonyi.

Undi wafashwe yitwa Claude Manishimwe w’imyaka 22 ni uwo mu mudugudu wa Gitega, akagari ka Kivumu mu murenge wa Musambira.

We yasanganganywe isafuriya y’uwo mukecuru, yafatiwe ku nshoreke babyaranye.

Abakekwaho buriya bujura bafashwe bashyikirijwe RIB, station ya Nyamabuye, mu gihe hagishakishwa abandi babifitemo uruhare.

Umukecuru wibwe uyu munsi arajya gutanga ikirego kuri RIB.

Kampire Marianne w’imyaka 87 atuye mu Mudugudu wa Musengo, mu Kagari ka Kivumu, mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, mu ijoro ryo ku wa 29 Nzeri rishyira tariki ya 30, nibwo yabyutse asanga abajura bamennye ibirahuri by’urugi ubundi batwara ibintu byose yari afite mu nzu harimo televiziyo na gas.

Ubuyobozi buvuga ko mu ijoro ryo ku wa 01/10/2022 mu masaha ya saa yine z’ijoro (22h00′) ku bufatanye n’abaturage bo mu kagari ka Nyagishubi, umurenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi n’abayobozi bo mu mirenge ya Nyarubaka na Cyeza, hakozwe operasiyo yo gufata abakekwaho kwiba urugo rw’uriya mukecuru.

Nibwo hafashwe bariya bagabo batatu.

Muhanga: Umukecuru w’imyaka 87 yabyutse asanga abajura bamucucuye

MUHIZI Elisee
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?