BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Minisitiri Bayisenge yashenguwe n’urupfu rw’abana  batatu b’abavandimwe

Minisitiri Bayisenge yashenguwe n’urupfu rw’abana  batatu b’abavandimwe

admin
Last updated: October 26, 2022 10:44 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, Bayisenge Jeannette yashenguwe n’urupfu rw’abana batatu b’abavandimwe bahitanywe n’impanuka iheruka kuba mu mujyi wa Kigali.

Aba bana batatu bavukana bishwe n’ikamyo iheruka gukora impanuka mu mujyi wa Kigali

Ku wa 23 Ukwakira 2022, mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Muhima, Akagari k’Amahoro, Umudugudu w’Amizero, haheruka kubera impanuka ikomeyw yaguyemo abantu batandatu (6).

Abapfuye barimo shoferi w’iriya kamyo, n’abanyamaguru batanu (5). Hakomeretse abantu bane (4) barimo uwafashaga umushoferi (turn-boy) w’ikamyo, n’uwari utwaye ivatiri.

Mu bitabye Imana harimo abana batatu b’abavandimwe bakomoka mu Karere ka Rwamagana.

Ni Sikubwabo Joseph w’imyaka 15, Shami Sikubwayo Herve w’imyaka 13 na Racine Sikubwayo Honore w’imyaka 10.

Urupfu rw’aba bana rukomeje gushengura imitima ya benshi barimo na Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, Bayisenge Jeannette.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa twitter yafashe  mu muhongo umuryango w’abo bana ndetse n’ababuriye ababo muri iyo mpanuka.

Yagize ati “Ni agahinda gakomeye ku muryango kubura abana batatu icyarimwe, ni n’igihombo gikomeye ku muryango Nyarwanda muri rusange, kuko abana ari amizero y’Igihugu.

Umuryango Nyarwanda dufashe mu mugongo umuryango wa Sikubwabo n’ababuze ababo biturutse ku mpanuka yo mu muhanda. Nimwihangane.”

Ni agahinda gakomeye ku muryango kubura abana 3 icyarimwe, ni n'igihombo gikomeye ku muryango Nyarwanda muri rusange kuko abana ari amizero y’Igihugu.
Umuryango Nyarwanda dufashe mu mugongo umuryango wa Sikubwabo n'ababuze ababo biturutse ku mpanuka yo mu muhanda. Nimwihangane. pic.twitter.com/EsehN66Ss7

— Bayisenge Jeannette, PhD (@BayisengeJn) October 25, 2022

 

Abanyamakuru, abahahanzi n’abandi bashenguwe n’uru rupfu…

Aisa Cyiza ukorera Royal Fm na we yagaragaje ko urupfu rw’abo bana rwamubabaje cyane asaba ku Mana ngo umuryango wabo ukomere.

Yagize ati “Imana yonyine niyo yo kubafasha kwakira aka gahinda, njye nabuze icyo mvuga gusa byose ni mu mugambi wayo.”

Aya magambo yayaherekesheje udutima tugaragaza umubabaro.

Hakizimana Jean Paul wandikira IGIHE kuri twitter Yagize ati “Uyu muryango Imana iwuhe kwihangana no gukomera kuko biragoye cyane gupfusha abana batatu gutya.”

Na we ayaherekesha udutima dutatu tugaragaza umubabaro.

Turatsinze Bright umunyamakuru wa RBA, kuri Twitter, yagize ati “Ntawabona icyo avuga birababaje cyane ni agahinda gakomeye imana ikomeze ababyeyi babo.”

Umuhanzi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, Aline Gahongire nawe Yagize ati “Imana ni inyamphuhwe . ibi birababaza cyane. Nta kibabaza nko kubura umwana..Imana Ifashe umuryango usigaye.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere Rene, agaruka ku cyateye iyo mpanuka yagize ati “Ikamyo ya Howo ifite nimero iyiranga ya RAD 421E yamanukaga umuhanda uva ku Muhima ahazwi nko kuri Yamaha ijya ku Kinamba, yataye umuhanda ubwo yari igeze haruguru gato y’ikiraro cyo ku Kinamba cya mbere, aho yavuye mu muhanda umanuka Yamaha ujya Kinamba igwa mu muhanda wo hasi uva Nyabugogo. Amakuru avuga ko iyo kamyo yacitse feri bikayigora kugenzura umuvuduko yayo bityo igata umuhanda.”

UPDATE: I Kigali ikamyo ya Howo yataye umuhanda igonga abanyamaguru, 6 bahise bapfa

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • gatera says:
    October 26, 2022 at 12:05 pm

    Biteye ubwoba n’agahinda cyane.Leta irebe uko ifasha ababyeyi babo muli aka gahinda.Bitwibukije urupfu rwa Byamungu Livingstone nawe waguye muli accident hamwe n’abana be 4 bajyaga I Kampala,le 30/12/2018.Bavandimwe,Urupfu tugendana narwo.Tuge duhora twiteguye.Ni iki twakora?Ntitukumve ko ubuzima gusa ari ugushaka amafaranga,shuguri,politike,amashuli,etc…Nkuko imana yaturemye ibidusaba,tujye dushaka ubwami bw’imana cyane,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi.Abumvira iyo nama,nibo imana izazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka nkuko bible ivuga.Abibera mu by’isi gusa,bible yerekana neza ko batazazuka.Soma Abagalatiya 6 umurongo wa 8.Ntitukemere ababeshya ko upfuye aba yitabye imana.Siko bible ivuga.

    Reply
  • Anonymous says:
    October 26, 2022 at 1:11 pm

    Mana we

    Reply

Leave a Reply to Anonymous Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?