BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jun 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Maitre Potien yakoze indirimbo yo kurwanya agahinda gakabije -Yumve

Maitre Potien yakoze indirimbo yo kurwanya agahinda gakabije -Yumve

admin
Last updated: October 29, 2022 1:45 pm
admin
Share
SHARE

Iyo umuntu agize agahinda, bisaba ko abantu bamuba hafi, kuko iyo bikabije bishobora kuba ikibazo gikomeye, gishobora no kumutera kwiyahura.

Hakuziyaremye Potien uzwi nka Maitre Potien avuga ko kwizera Imana birinda agahinda gakabije

Muri iki gihe Abanyarwanda n’Isi muri rusange bugarijwe n’indwara y’agahinda gakabije [Depression] aho usanga bamwe bigunze abandi bikabaviramo uburwayi bukomeye mu gihe badakurikiranywe mu maguru mashya.

Umuhanzi nyarwanda uzwi mu ndirimbo zo guhumuriza no gushimisha rubanda ukoresha amazina ya Maitre Potien yakoze indirimbo yise “Isanamutima” igaruka ku bitera agahinda n’uko umuntu yabyigobotora.

Indirimbo y’uyu muhanzi igaruka ku ishimwe ry’ibyo Imana ikorera abihebye kubera ibigerageze cyangwa ubuzima bushaririye.

Yabwiye UMUSEKE ko “Uwihanganye agakunda umurimo niwe ubasha gutsinda ibimugerageza, isanamutima nibwo buzima.”

Yongeraho ko “Ni indirimbo nakoze kugira ngo nisanishe n’abantu bose bagira ikibazo cy’agahinda gakabije muri iyi minsi.”

Avuga ko abantu bahindutse kubera agahinda gakabije kugera naho umuntu aramutsa mugenzi we ntamusubize atari urwango ahubwo ari mu ntekerezo za kure.

Ati ” Na mwaramutse ntiyibuke ko ibaho, atari ukwirengagiza ahubwo muhuye yibereye mu Isi ya wenyine, ni ikibazo gikomeye.”

Maitre Potien ni umuhanzi wakoze indirimbo zirimo “Imungu”, “Afurika” n’izindi abarizwa mu nzu ifasha abahanzi yitwa Emmy Entertainment yashinzwe n’umunyamakuru witwa Emmy Twahirwa.

Emmy Twahirwa umuyobozi wa Emmy Entertainment ibarizwamo Maitre Potien na Silas Musenga utuye muri Canada

Umva indirimbo Isanamutima ya Maitre Potien

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Yakampaye gairman says:
    October 30, 2022 at 8:02 am

    Emmy komeza uterimbere nibyo koko nonese waruziko i nyabinoni hava ushinga inzu yimyidagaduro? Tureke guheranywa nagahinda. emmy talk to me on phone +256 776 117 849

    Reply

Leave a Reply to Yakampaye gairman Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

Ambasaderi w’u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu uruhare mu bitero bya…

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

Kuri uyu wa Kane tariki 5 Kamena , Martin Fayulu utavuga rumwe…

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

Kuri uyu wa gatanu Abayisilamu bo hirya no hino mu gihugu bazindukiye…

Edgar wabaye perezida wa Zambia yitabye Imana ku myaka 68

Edgar Chagwa Lungu wabaye Perezida wa Zambia kuva muri Mutarama 2015 kugeza…

Abasirikare ba RDC babujijwe gushaka bataramaramo imyaka irindwi

Igisirikare cya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo cyategetse abasirikare bashya kuguma ari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

2 Min Read
Politike

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

2 Min Read
Politike

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

3 Min Read
Politike

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?