BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Maitre Potien yakoze indirimbo yo kurwanya agahinda gakabije -Yumve

Maitre Potien yakoze indirimbo yo kurwanya agahinda gakabije -Yumve

admin
Last updated: October 29, 2022 1:45 pm
admin
Share
SHARE

Iyo umuntu agize agahinda, bisaba ko abantu bamuba hafi, kuko iyo bikabije bishobora kuba ikibazo gikomeye, gishobora no kumutera kwiyahura.

Hakuziyaremye Potien uzwi nka Maitre Potien avuga ko kwizera Imana birinda agahinda gakabije

Muri iki gihe Abanyarwanda n’Isi muri rusange bugarijwe n’indwara y’agahinda gakabije [Depression] aho usanga bamwe bigunze abandi bikabaviramo uburwayi bukomeye mu gihe badakurikiranywe mu maguru mashya.

Umuhanzi nyarwanda uzwi mu ndirimbo zo guhumuriza no gushimisha rubanda ukoresha amazina ya Maitre Potien yakoze indirimbo yise “Isanamutima” igaruka ku bitera agahinda n’uko umuntu yabyigobotora.

Indirimbo y’uyu muhanzi igaruka ku ishimwe ry’ibyo Imana ikorera abihebye kubera ibigerageze cyangwa ubuzima bushaririye.

Yabwiye UMUSEKE ko “Uwihanganye agakunda umurimo niwe ubasha gutsinda ibimugerageza, isanamutima nibwo buzima.”

Yongeraho ko “Ni indirimbo nakoze kugira ngo nisanishe n’abantu bose bagira ikibazo cy’agahinda gakabije muri iyi minsi.”

Avuga ko abantu bahindutse kubera agahinda gakabije kugera naho umuntu aramutsa mugenzi we ntamusubize atari urwango ahubwo ari mu ntekerezo za kure.

Ati ” Na mwaramutse ntiyibuke ko ibaho, atari ukwirengagiza ahubwo muhuye yibereye mu Isi ya wenyine, ni ikibazo gikomeye.”

Maitre Potien ni umuhanzi wakoze indirimbo zirimo “Imungu”, “Afurika” n’izindi abarizwa mu nzu ifasha abahanzi yitwa Emmy Entertainment yashinzwe n’umunyamakuru witwa Emmy Twahirwa.

Emmy Twahirwa umuyobozi wa Emmy Entertainment ibarizwamo Maitre Potien na Silas Musenga utuye muri Canada

Umva indirimbo Isanamutima ya Maitre Potien

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Yakampaye gairman says:
    October 30, 2022 at 8:02 am

    Emmy komeza uterimbere nibyo koko nonese waruziko i nyabinoni hava ushinga inzu yimyidagaduro? Tureke guheranywa nagahinda. emmy talk to me on phone +256 776 117 849

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?