BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Maitre Potien yakoze indirimbo yo kurwanya agahinda gakabije -Yumve

Maitre Potien yakoze indirimbo yo kurwanya agahinda gakabije -Yumve

admin
Last updated: October 29, 2022 1:45 pm
admin
Share
SHARE

Iyo umuntu agize agahinda, bisaba ko abantu bamuba hafi, kuko iyo bikabije bishobora kuba ikibazo gikomeye, gishobora no kumutera kwiyahura.

Hakuziyaremye Potien uzwi nka Maitre Potien avuga ko kwizera Imana birinda agahinda gakabije

Muri iki gihe Abanyarwanda n’Isi muri rusange bugarijwe n’indwara y’agahinda gakabije [Depression] aho usanga bamwe bigunze abandi bikabaviramo uburwayi bukomeye mu gihe badakurikiranywe mu maguru mashya.

Umuhanzi nyarwanda uzwi mu ndirimbo zo guhumuriza no gushimisha rubanda ukoresha amazina ya Maitre Potien yakoze indirimbo yise “Isanamutima” igaruka ku bitera agahinda n’uko umuntu yabyigobotora.

Indirimbo y’uyu muhanzi igaruka ku ishimwe ry’ibyo Imana ikorera abihebye kubera ibigerageze cyangwa ubuzima bushaririye.

Yabwiye UMUSEKE ko “Uwihanganye agakunda umurimo niwe ubasha gutsinda ibimugerageza, isanamutima nibwo buzima.”

Yongeraho ko “Ni indirimbo nakoze kugira ngo nisanishe n’abantu bose bagira ikibazo cy’agahinda gakabije muri iyi minsi.”

Avuga ko abantu bahindutse kubera agahinda gakabije kugera naho umuntu aramutsa mugenzi we ntamusubize atari urwango ahubwo ari mu ntekerezo za kure.

Ati ” Na mwaramutse ntiyibuke ko ibaho, atari ukwirengagiza ahubwo muhuye yibereye mu Isi ya wenyine, ni ikibazo gikomeye.”

Maitre Potien ni umuhanzi wakoze indirimbo zirimo “Imungu”, “Afurika” n’izindi abarizwa mu nzu ifasha abahanzi yitwa Emmy Entertainment yashinzwe n’umunyamakuru witwa Emmy Twahirwa.

Emmy Twahirwa umuyobozi wa Emmy Entertainment ibarizwamo Maitre Potien na Silas Musenga utuye muri Canada

Umva indirimbo Isanamutima ya Maitre Potien

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Yakampaye gairman says:
    October 30, 2022 at 8:02 am

    Emmy komeza uterimbere nibyo koko nonese waruziko i nyabinoni hava ushinga inzu yimyidagaduro? Tureke guheranywa nagahinda. emmy talk to me on phone +256 776 117 849

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?