BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kwigaragambya bagatera ibuye, bagatwika ibendera, ibyo ntibyajyana u Rwanda mu ntambara – Gen Kabarebe

Kwigaragambya bagatera ibuye, bagatwika ibendera, ibyo ntibyajyana u Rwanda mu ntambara – Gen Kabarebe

admin
Last updated: November 3, 2022 1:59 am
admin
Share
SHARE

Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu by’umutekano, Gen James Kabarebe avuga ko kuba abanyekongo bigaragambya bagatera amabuye mu Rwanda, bagatwika ibendera, atari impamvu yajyana u Rwanda mu ntambara.

Gen Kabarebe yavuze ko ururbyiruko ari rwo rufite mu maboko kubaka u Rwanda ruteye imbere bifuza

Mu kiganiro Gen Kabarebe yagejeje ku banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda ishami ryigisha ikoranabuhanga, yavuze ko u Rwanda rurwana intambara zisobanutse.

Ati “Kuriya kwigaragambya ko ku mipaka, ntabwo Abakongo basara bakaza bagatuka u Rwanda ku mupaka, bagatera amabuye ngo ibyo bibe ari byo bishora u Rwanda mu ntambara….

Intamabra utoranya iyo uri burwane n’iyo utari burwane, wajya mu ntambara kurwana n’umusazi? Umusazi uramwihorera ariko nyine ukaba washyizeho akagozi atagomba kurenga.”

Yavuze ko u Rwanda rutapfa guhubuka ngo “umuntu yateye ibuye, ngo yatwitse idarapo”.

Ati “U Rwanda rurwana intambara zifite impamvu zigaragara zirengera igihugu cyarwo, ariko ntabwo rwajya mu bushotoranyi, no gusubiza bitarimo ubwenge ntabwo ari byo.”

Gen Kabarebe yasobanuriye abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda indangagaciro zaranze Inkotanyi ku rugamba, ndetse ababwira ko u Rwanda rw’ubu ruri mu maboko yabo.

Yagize ati “Hariho igitekerezo cyo kuvuga ngo Abanyarwanda ntibateze kuziyobora n’ubundi ibi bihugu duturanye bisanzwe bifite Abanyarwanda babituyemo, bityo rero buri gihugu gifate agapande.”

Kbarebe yavuze ko ibyo bitekerezo byari bihari byahise biba umukoro RPF-Inkotanyi wo kongera kugarura igihugu, no kugicungira umutekano, no kongera kucyubaka no kugiha imbaraga igihugu gikwiye, ndetse yemeza ko byakozwe.

Yagize ati “Aho cyavuye ni aho, aho kigeze murahabona ni mwe mugomba kuzuza kugeza ku gihugu cyifuzwa, kandi giteye imbere, cyane ko bishoboka urebye aho twavuye n’aho tugeze.”

Yakomeje agira ati “Nta mpamvu n’imwe yatuma uvuga ko u Rwanda rutakwitwa igihugu giteye imbere muri aka karere, kandi ntibishoboka ko dusubira inyuma kuko byose, biri mu maboko yanyu.”

Goma: Abigaragambya bashatse kwinjira i Gisenyi ku ngufu- AMAFOTO

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mahoro jack says:
    November 3, 2022 at 10:17 am

    Ubivuze neza Afande, ntabwo warwana n’umusazi, ariko ashobora kugutera ibuye “akagukomeretsa”. Icyo gihe wamugenza ute ko mbona ariho byerekeza?

    Reply
    • Murengezi says:
      November 3, 2022 at 11:11 am

      Ushobora gufata umunyafu ugakubita izo ntoki ntizongere kugutera amabuye.
      Cyangwa iyo arenze wa mugozi urawufata ukawumuzirikisha.

      Reply

Leave a Reply to mahoro jack Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

Amakuru atangazwa n’itangazamakuru rya leta muri Iran aravuga ko umuhango wo gushyingura…

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?