BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Ibinyabiziga 960 byafatiwe kutagira Controle technique  

Ibinyabiziga 960 byafatiwe kutagira Controle technique  

admin
Last updated: August 19, 2022 6:38 pm
admin
Share
SHARE

Kuri  uyu wa Gatanu tariki ya 19 Kanama 2022, Polisi y’Igihugu yatangaje ko mu minsi ine  yafashe ibinyabiziga bigera kuri 969 byose bitujuje ubuziranenge.

Ibinyabiziga birimo amakamyo byafashwe bidafite icyangombwa cy’ubuzirange

Polisi isobanura ko mu gihe ikinyabiziga cyigiye mu muhanda cyitujeje ubuzirange gishora guteza impanuka, ubuzima bw’abantu bukaba bwahagendera.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yasabye abashoferi gusuzumisha ibinyabiziga badategereje kwibutswa na Polisi  kuko mu gihe bidakozwe bishobora guteza akaga.

Yagize ati “Ibyo binyuranyije n’amategeko ndetse bikaba byateza n’impanuka. Ntabwo rero twategereza ko  hatakara ubuzima bw’abantu cyangwa ngo ibintu byangirike niyo mpamvu abapolisi bari hriya no hino bagomba kubishakisha.”

Yakomeje  ati “Turakangurira abantu kubyitabira, ntabwo bazategereza ko Polisi ibahana cyangwa se  ko Polisi ibabwiriza cyangwa ikinyabiziga cyateza impanuka kikaba cyateza ikibazo.”

Polisi yatangaje ko hari ubwo ibinyabiziga byakoze impanuka ahanini bitewe n’uko bidasuzumishijwe ubuziranenge bwabyo (Controle technique.)

Polisi ifashe ibi binyabiziga mu gihe ku wa 2 Kanama uyu mwaka  mu Karere ka Rubavu habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bw’ikamyo abantu bane baburiramo ubuzima abandi 31 barakomereka.

Icyo gihe Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda SSP Irere Rene, yabwiye UMUSEKE ko byagaragaye ko ikamyo itari yarakoresheje isuzuma ry’ibinyabozoga (Controle technique).

CP Kabera yasabye abashoferi kwitwararika bagasuzumisha ibinyabiziga kugira ngo birinde impanuka

TUYISHIMIRE Raymond / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

MONUSCO na ICGLR byagiye gusuzuma uko umutekano uhagaze muri Uvira

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?