BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Ibinyabiziga 960 byafatiwe kutagira Controle technique  

Ibinyabiziga 960 byafatiwe kutagira Controle technique  

admin
Last updated: August 19, 2022 6:38 pm
admin
Share
SHARE

Kuri  uyu wa Gatanu tariki ya 19 Kanama 2022, Polisi y’Igihugu yatangaje ko mu minsi ine  yafashe ibinyabiziga bigera kuri 969 byose bitujuje ubuziranenge.

Ibinyabiziga birimo amakamyo byafashwe bidafite icyangombwa cy’ubuzirange

Polisi isobanura ko mu gihe ikinyabiziga cyigiye mu muhanda cyitujeje ubuzirange gishora guteza impanuka, ubuzima bw’abantu bukaba bwahagendera.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yasabye abashoferi gusuzumisha ibinyabiziga badategereje kwibutswa na Polisi  kuko mu gihe bidakozwe bishobora guteza akaga.

Yagize ati “Ibyo binyuranyije n’amategeko ndetse bikaba byateza n’impanuka. Ntabwo rero twategereza ko  hatakara ubuzima bw’abantu cyangwa ngo ibintu byangirike niyo mpamvu abapolisi bari hriya no hino bagomba kubishakisha.”

Yakomeje  ati “Turakangurira abantu kubyitabira, ntabwo bazategereza ko Polisi ibahana cyangwa se  ko Polisi ibabwiriza cyangwa ikinyabiziga cyateza impanuka kikaba cyateza ikibazo.”

Polisi yatangaje ko hari ubwo ibinyabiziga byakoze impanuka ahanini bitewe n’uko bidasuzumishijwe ubuziranenge bwabyo (Controle technique.)

Polisi ifashe ibi binyabiziga mu gihe ku wa 2 Kanama uyu mwaka  mu Karere ka Rubavu habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bw’ikamyo abantu bane baburiramo ubuzima abandi 31 barakomereka.

Icyo gihe Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda SSP Irere Rene, yabwiye UMUSEKE ko byagaragaye ko ikamyo itari yarakoresheje isuzuma ry’ibinyabozoga (Controle technique).

CP Kabera yasabye abashoferi kwitwararika bagasuzumisha ibinyabiziga kugira ngo birinde impanuka

TUYISHIMIRE Raymond / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?