BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gicumbi: Guverineri Nyirarugero yasabye abaturage kurwanya igwingira mu bana

Gicumbi: Guverineri Nyirarugero yasabye abaturage kurwanya igwingira mu bana

admin
Last updated: September 8, 2022 11:04 am
admin
Share
SHARE

Guverineri w’Intara y’Amajyarugu, Nyirarugero Dancille, yasabye abatuye Gicumbi kugira uruhare mu kugabanya igwingira, kuko bafite umukamo uhagije.

Guverineri w’Intara y’Amajyarugu yasabye abatuye Gicumbi kurwanya igwingira

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Kanama 2022, ubwo we n’Umuyobozi wungirije w’ikigega Mpuzamahanga giteza Imbere ubuhinzi (IFAD), basuraga koperative y’aborozi, KOZAMGI ifite ikusanyirizo ry’amata mu Murenge wa Rutare, mu Karere ka Gicumbi.

Uru rugendo rw’umuyobozi wungirije muri IFAD, rwari rugamije kurebera hamwe aho ibikorwa by’umushinga wo guteza Imbere ubworozi butanga umukamo, RDDP, Rwanda Dairy Development Project (RDDP), ugeze.

Ni umushinga watangijwe na Leta y’u Rwanda, mu rwego rwo gufasha aborozi kunoza ibikorwa byo gukusanya, gutunganya no gukwirakwiza amata mu buryo bubabyarira inyungu.

Guverineri w’Intara y’Amajyarugu yavuze ko Akarere ka Gicumbi kari mu dufite umukamo mwinshi ariko kakaza mu dufite igwingira, asaba uruhare rw’abaturage mu kurirwanya.

Yagize ati “Mu bigaragara Akarere ka Gicumbi ntabwo gahagaze neza mu kurwanya igwingira, aho mu myaka itanu ishize mwari ku gipimo cy’igwingira cya 42% kandi Gicumbi iza ku mwanya wa mbere ahari inka nyinshi.

Mwakagombye kuba ari mwe muba aba mbere mu kurwanya igwingira, ngira ngo mbasabe dufatanye dushyiremo imbaraga.”

Guverineri yasabye abatuye Gicumbi gukora ibishoboka, igwingira rikagabanuka .

Umuyobozi Wungirije wa IFAD, Donal Brown, yatangaje ko ashima uburyo inkunga itangwa n’iki kigega ikoreshwa neza.

Uyu muyobozi yavuze ko ubufatanye na Leta y’u Rwanda buzakomeza hagamijwe ko umuturage agira imibereho myiza

Yagize ati “Twe nka IFAD dushimishijwe n’inkunga twabateye, ariko nanone tunejejwe n’ibyo Leta yakoze kugira ngo iyi koperative ibe igeze aho mugeze n’ibyo mwikoreye.”

Yakomeje agira ati “IFAD Ntabwo iri kuzamura gusa ubworozi, inezezwa no gukorana na Leta y’u Rwanda mu bikorwa bindi by’iterambere kandi icyo nabonye ku baturage, babyaza umusaruro inkunga bahawe.”

Umuyobozi Wungirije wa IFAD yashimye uburyo inkunga ibyazwa umusaruro

Uyu muyobozi yavuze ko IFAD izakomeza gutera inkunga iyi koperative hagamijwe ko abanyamuryango bagira imibereho myiza.

Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhnzi n’Ubworozi, (RAB), Dr Solange Uwituze, yavuze ko nyuma yo gutangiza uyu mushinga wa RDDP, imibereho y’aborozi yahindutse.

Yagize ati “Twabonye aborozi bamaze kumenya korora, bamaze kumenya ko imiryango yabo ishobora gutungwa n’ubworozi bw’inka zitanga umukamo, kandi uwo muryango ukagira ubuzima bwiza.

Uyu munsi bifata nk’abafatanyabikorwa b’Akarere aho na bo batanga amata ku bana bafite imirire mibi, abagize ibibazo byo gutabwa na ba nyina, tubona aborozi bafite intumbero kandi bashaka kugera kure.”

Uyu mushinga wo guteza Imbere iterambere ry’ubworozi butanga umukamo RDDP uterwa inkunga na IFAD watangiye mu 2017 uzageza mu 2023.

Mu Rwanda IFAD itera inkunga ibikorwa n’imishinga biri mu turere 14 hirya no hino mu gihugu.

Mu byo koperative KOZAMGI (Koperative Zamuka Mworozi Gicumbi) yagezeho bigizwemo uruhare na IFAD, harimo kuba bariyubakiye ikusanyirizo ry’amata ryuzuye rifite agaciro  ka Miliyoni 22,2Frw. Baguze imodoka ya miliyoni 35frw ibafasha kugeza umukamo ku isoko.

Umuyobozi muri RAB,Dr Solange Uwituze we asanga abarozi barateye imbere nyuma yo kugira ikusanyirizo ry’amata
Abaturage bashimiwe urwego bagezeho mu kongera umukamo

TUYISHIMIRE Raymond / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Ndengejeho Henry says:
    September 8, 2022 at 7:13 pm

    Birababaje, kabisa! Kariya karere kabarizwaga mu ntara zitwaga ikigega cy’Urwanda! Byagenze bite?

    Reply

Leave a Reply to Ndengejeho Henry Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?