Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu nyuma yo gukora inkuru ishinja ubutegetsi gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani.
Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu nyuma yo gukora inkuru ishinja ubutegetsi gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani.
Aba banyamakuru bari baranahawe uruhushya rwo gukurikirana Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iteganyijwe i Addis Abeba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 no Cyumweru tariki ya 15 Gashyantare, ariko Leta ya Ethiopia yarubambuye.
Umuvugizi wa Reuters yatangaje ko ibi biro ntaramakuru biri gukurikirana iki kibazo, kandi ko bizakomeza gutara inkuru zo muri Ethiopia mu buryo bwigenga, butabogamye kandi bwizewe hashingiwe ku mahame bigenderaho.
Reuters ku tariki 10 Gashyantare 2026, nibwo yasohoye inkuru icukumbuye y’amashusho n’amafoto, igaragaza ikigo cya gisirikare kiri mu Ntara ya Benishangul-Gumuz muri Ethiopia, bivugwa ko cyubakiwe abarwanyi ba RSF iyoborwa na Gen Hamdan Dagalo, kugira ngo bajye bacyitorezamo.
Aya makuru y’iki kigo cy’imyitozo yatangiye guhwihwiswa mu mpera z’umwaka ushize, gusa Guverinoma ya Ethiopia yarayamaganye, igaragaza ko agamije kwenyegeza umwuka mibi uri hagati yayo na Sudani.
Reutes yavuze ko amasoko atandukanye arimo Umuyobozi Mukuru muri Ethiopia, yemeza ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatanze amafaranga yo kubaka iki kigo ndetse n’inkunga y’ibikoresho, ariko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu yarabihakanye.
