BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

admin
Last updated: February 14, 2026 6:57 pm
admin
Share
SHARE

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu nyuma yo gukora inkuru ishinja ubutegetsi gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani.

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu nyuma yo gukora inkuru ishinja ubutegetsi gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani.

Aba banyamakuru bari baranahawe uruhushya rwo gukurikirana Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iteganyijwe i Addis Abeba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 no Cyumweru tariki ya 15 Gashyantare, ariko Leta ya Ethiopia yarubambuye.

Umuvugizi wa Reuters yatangaje ko ibi biro ntaramakuru biri gukurikirana iki kibazo, kandi ko bizakomeza gutara inkuru zo muri Ethiopia mu buryo bwigenga, butabogamye kandi bwizewe hashingiwe ku mahame bigenderaho.

Reuters ku tariki 10 Gashyantare 2026, nibwo yasohoye inkuru icukumbuye y’amashusho n’amafoto, igaragaza ikigo cya gisirikare kiri mu Ntara ya Benishangul-Gumuz muri Ethiopia, bivugwa ko cyubakiwe abarwanyi ba RSF iyoborwa na Gen Hamdan Dagalo, kugira ngo bajye bacyitorezamo.

Aya makuru y’iki kigo cy’imyitozo yatangiye guhwihwiswa mu mpera z’umwaka ushize, gusa Guverinoma ya Ethiopia yarayamaganye, igaragaza ko agamije kwenyegeza umwuka mibi uri hagati yayo na Sudani.

Reutes yavuze ko amasoko atandukanye arimo Umuyobozi Mukuru muri Ethiopia, yemeza ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatanze amafaranga yo kubaka iki kigo ndetse n’inkunga y’ibikoresho, ariko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu yarabihakanye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Paul Mackenzie yongeye kuregwa ku rupfu rw’abandi bantu 52 nyuma y’abarenga 400 asanzwe akurikiranywaho

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Abakora mu bwikorezi bwo mu kirere bateguje imyigaragambyo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?