BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

admin
Last updated: February 14, 2026 6:57 pm
admin
Share
SHARE

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu nyuma yo gukora inkuru ishinja ubutegetsi gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani.

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo gukorera muri iki gihugu nyuma yo gukora inkuru ishinja ubutegetsi gufasha umutwe witwaje intwaro wa RSF urwanya Leta ya Sudani.

Aba banyamakuru bari baranahawe uruhushya rwo gukurikirana Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iteganyijwe i Addis Abeba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 no Cyumweru tariki ya 15 Gashyantare, ariko Leta ya Ethiopia yarubambuye.

Umuvugizi wa Reuters yatangaje ko ibi biro ntaramakuru biri gukurikirana iki kibazo, kandi ko bizakomeza gutara inkuru zo muri Ethiopia mu buryo bwigenga, butabogamye kandi bwizewe hashingiwe ku mahame bigenderaho.

Reuters ku tariki 10 Gashyantare 2026, nibwo yasohoye inkuru icukumbuye y’amashusho n’amafoto, igaragaza ikigo cya gisirikare kiri mu Ntara ya Benishangul-Gumuz muri Ethiopia, bivugwa ko cyubakiwe abarwanyi ba RSF iyoborwa na Gen Hamdan Dagalo, kugira ngo bajye bacyitorezamo.

Aya makuru y’iki kigo cy’imyitozo yatangiye guhwihwiswa mu mpera z’umwaka ushize, gusa Guverinoma ya Ethiopia yarayamaganye, igaragaza ko agamije kwenyegeza umwuka mibi uri hagati yayo na Sudani.

Reutes yavuze ko amasoko atandukanye arimo Umuyobozi Mukuru muri Ethiopia, yemeza ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatanze amafaranga yo kubaka iki kigo ndetse n’inkunga y’ibikoresho, ariko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu yarabihakanye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?