BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Diddy yafatiweho icyuma muri gereza hafi yo kwicwa

Diddy yafatiweho icyuma muri gereza hafi yo kwicwa

admin
Last updated: October 23, 2025 12:43 pm
admin
Share
SHARE

Umuraperi Sean Combs uzwi cyane nka Diddy, ari mu bihe bikomeye muri gereza ya MDC Brooklyn afungiyemo, aho bivugwa ko mu minsi ishize yafatiweho icyuma mu ijoro rimwe ubwo yari asinziriye.

Ibi byemejwe na Charlucci Finney, umwe mu nshuti za hafi za Diddy, wabwiye Daily Mail ko uyu mugabo yakanguwe n’umugororwa afite icyuma agishyize ku ijosi rye. Ibintu byari hafi kumuviramo urupfu mu gihe gito cyane.

Finney yavuze ko atazi neza niba abarinzi aribo bahise batabara cyangwa niba Diddy ari we wirwanyeho, gusa yemeje ko ayo makuru ari ukuri kandi ko yemejwe n’abashinzwe iperereza ku byabereye muri iyo gereza.

Amakuru y’uko Diddy yatewe icyuma n’undi mugororwa yanagarutsweho n’umwunganizi we mu mategeko, Brian Steel, ubwo yabivugaga mu rukiko mu gihe cyo gukatirwa kwe.

Finney yongeyeho ko gereza Diddy afungiyemo idatekanye, by’umwihariko ku bantu bahanwe ku byaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Ati: “Mfite impungenge z’umutekano we, MDC si ahantu hizewe kuri buri wese.”

Diddy yakatiwe amezi 50 y’igifungo. Inkuru zimaze iminsi zivuga ko Perezida Donald Trump ashobora kumuha imbabazi, nubwo Ibiro bye White House byabihakanye, ariko TMZ yari yashyize hanze iyi nkuru ivuga ko “igihagaze ku byo yatangaje.”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Umuramyi Josh yatomagije umugore we amwifuriza isabukuru nziza 

1 Min Read
Imyidagaduro

Polisi y’u Rwanda yemeje ifungwa ry’abahanzi Ariel Wayz na Babo

1 Min Read
Imyidagaduro

Inkuru y’akababaro: Urupfu rw’umuramyi Gogo rwashenguye abatari bake

1 Min Read
Imyidagaduro

Weasel yasezerewe mu bitaro

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?