BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Diddy yafatiweho icyuma muri gereza hafi yo kwicwa

Diddy yafatiweho icyuma muri gereza hafi yo kwicwa

admin
Last updated: October 23, 2025 12:43 pm
admin
Share
SHARE

Umuraperi Sean Combs uzwi cyane nka Diddy, ari mu bihe bikomeye muri gereza ya MDC Brooklyn afungiyemo, aho bivugwa ko mu minsi ishize yafatiweho icyuma mu ijoro rimwe ubwo yari asinziriye.

Ibi byemejwe na Charlucci Finney, umwe mu nshuti za hafi za Diddy, wabwiye Daily Mail ko uyu mugabo yakanguwe n’umugororwa afite icyuma agishyize ku ijosi rye. Ibintu byari hafi kumuviramo urupfu mu gihe gito cyane.

Finney yavuze ko atazi neza niba abarinzi aribo bahise batabara cyangwa niba Diddy ari we wirwanyeho, gusa yemeje ko ayo makuru ari ukuri kandi ko yemejwe n’abashinzwe iperereza ku byabereye muri iyo gereza.

Amakuru y’uko Diddy yatewe icyuma n’undi mugororwa yanagarutsweho n’umwunganizi we mu mategeko, Brian Steel, ubwo yabivugaga mu rukiko mu gihe cyo gukatirwa kwe.

Finney yongeyeho ko gereza Diddy afungiyemo idatekanye, by’umwihariko ku bantu bahanwe ku byaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Ati: “Mfite impungenge z’umutekano we, MDC si ahantu hizewe kuri buri wese.”

Diddy yakatiwe amezi 50 y’igifungo. Inkuru zimaze iminsi zivuga ko Perezida Donald Trump ashobora kumuha imbabazi, nubwo Ibiro bye White House byabihakanye, ariko TMZ yari yashyize hanze iyi nkuru ivuga ko “igihagaze ku byo yatangaje.”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
Imyidagaduro

Abarimo Djihad batawe muri yombi kubera gukwirakwiza amashusho ya Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina

2 Min Read
Imyidagaduro

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?