BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > COVID-19 yagaragaje ko mu bibazo hashobora gushibukamo ibisubizo – Kagame

COVID-19 yagaragaje ko mu bibazo hashobora gushibukamo ibisubizo – Kagame

admin
Last updated: October 22, 2022 4:14 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, akaba na Chairman wa RPF Inkotanyi, Paul Kagame, yakebuye urubyiruko ruhabwa amahirwe yo gukorera igihugu ariko rukayapfusha ubusa, rugatakarizwa icyizere, anagaruka ku buryo u Rwanda rwishatsemo ibisubizo mu gihe cya COVID-19.

Ubwo Perezida Paul Kagame yaganirizaga abayobozi bitabiriye inama ya Biro politiki ya RPF Inkotanyi

Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Ukwakira 2022, yari ayoboye inama ya Biro politiki y’uyu muryango.

Perezida Kagame yabanje kunenga abayobozi bahabwa inshingano ariko bakabyuririraho, bakira ruswa ndetse banakora amakosa anyuranye.

Avuga ko bene iyi myitwarire isigaye iri no mu rubyiruko rugirirwa icyizere ariko rukagipfusha ubusa.

Yagize ati “Ndashaka kubwira urubyiruko ruri hano, dukwiye kumenya ngo tubatezeho byinshi. Nicyo gihugu cy’ejo, n’izo mbaraga z’uyu munsi. Namwe mwajya mu mico mibi gute? Kuki mudashaka uburyo dukora neza, dukora ibintu bizima, ufite ikibazo tukamufasha.”

Yakomje agira ati “Iyo ukoze ibintu nk’ibyo mu nzego z’ubuyobozi (Avuga amakosa yo mu kazi), ntabwo ari ikibi gusa ukoze, niba ari ibyo wibye, niba .. hari n’icyo cyizere umuryango Nyarwanda wari ukwiye kuba uguha, cyangwa ufite, uracyanze uracyijugunye.”

Umukuru w’Igihugu yasabye ko uhawe inshingano aba akwiye kubyaza umusaruro amahirwe n’icyizere yagiriwe.

 

COVID-19  isomo ku Rwanda…

Perezida Kagame avuga ku bihe bigoye u Rwanda rwanyuzemo bya COVID-19, yavuze ko rwayikuyeho amasomo anyuranye, arimo no kwishakamo ibisubizo.

Yavuze ko iki cyorezo kandi cyaringanije abantu bose, yaba ibihugu  by’ibihanganjye ndetse n’ibiri mu nzira y’amajyambere.

Yongeyeho ko kuri ubu u Rwanda rwitegura kugera ku rwego rwo kwikorera inkingo rubikesha kwishakamo ibisubizo.

Yagize ati “Muri uko kurwana n’icyo cyorezo, ubu u Rwanda ruri hafi yo kugera ku rwego dukora urukingo rujyanye n’icyo cyorezo, ariko ubwo bushobozi bwo gukora urukingo, rufite ubushobozi bwo gukora n’ibindi bihangana n’ibyo bibazo.”

Yakomje agira ati “Icyorezo cyahitanye ubukungu, ubukungu bwacu bwarazahaye, n’ubukungu ku Isi hose na byo bimera gutyo, no mu kibi havamo icyiza, ibyo byose byabaye, ikikubayeho cyose kiba gikwiriye kuguhwitura, ugatangira gutekereza.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda ruba rukwiye guhora rwiteguye kwishakamo ibisubizo  mu gihe haramuka haje ibindi byorezo, cyangwa ibindi bibazo byugariza Isi, bikaza bisanga igihugu cyiteguye.

Yagize ati “Ibyo biba bikwiye kongera kudukangura, tugakorera mu zindi mbaraga tutari dusanzwe dukoresha.”

U Rwanda rumaze igihe rugaragaje ko rufite muri gahunda umushinga wo gutangira gukorera mu gihugu inkingo z’indwara zitandukanye.

Ku wa 23 Kamena 2022, Perezida Kagame yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Uruganda rukora inkingo za COVID-19, Malaria n’Igituntu mu Cyanya cyahariwe Inganda kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo.

Ibihugu by’u Rwanda na Sénégal ni byo byo muri Afurika byayinjiyemo ku ikubitiro.

Ikigo cy’Abadage kizobereye mu bijyanye no gukora imiti, BioNTech, cyemereye u Rwanda ikoranabuhanga n’amahugurwa ajyanye n’ikorwa ry’inkingo zirimo iza Covid-19.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Inkuru zindi

MONUSCO na ICGLR byagiye gusuzuma uko umutekano uhagaze muri Uvira

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > COVID-19 yagaragaje ko mu bibazo hashobora gushibukamo ibisubizo – Kagame

COVID-19 yagaragaje ko mu bibazo hashobora gushibukamo ibisubizo – Kagame

admin
Last updated: October 22, 2022 4:14 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, akaba na Chairman wa RPF Inkotanyi, Paul Kagame, yakebuye urubyiruko ruhabwa amahirwe yo gukorera igihugu ariko rukayapfusha ubusa, rugatakarizwa icyizere, anagaruka ku buryo u Rwanda rwishatsemo ibisubizo mu gihe cya COVID-19.

Ubwo Perezida Paul Kagame yaganirizaga abayobozi bitabiriye inama ya Biro politiki ya RPF Inkotanyi

Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Ukwakira 2022, yari ayoboye inama ya Biro politiki y’uyu muryango.

Perezida Kagame yabanje kunenga abayobozi bahabwa inshingano ariko bakabyuririraho, bakira ruswa ndetse banakora amakosa anyuranye.

Avuga ko bene iyi myitwarire isigaye iri no mu rubyiruko rugirirwa icyizere ariko rukagipfusha ubusa.

Yagize ati “Ndashaka kubwira urubyiruko ruri hano, dukwiye kumenya ngo tubatezeho byinshi. Nicyo gihugu cy’ejo, n’izo mbaraga z’uyu munsi. Namwe mwajya mu mico mibi gute? Kuki mudashaka uburyo dukora neza, dukora ibintu bizima, ufite ikibazo tukamufasha.”

Yakomje agira ati “Iyo ukoze ibintu nk’ibyo mu nzego z’ubuyobozi (Avuga amakosa yo mu kazi), ntabwo ari ikibi gusa ukoze, niba ari ibyo wibye, niba .. hari n’icyo cyizere umuryango Nyarwanda wari ukwiye kuba uguha, cyangwa ufite, uracyanze uracyijugunye.”

Umukuru w’Igihugu yasabye ko uhawe inshingano aba akwiye kubyaza umusaruro amahirwe n’icyizere yagiriwe.

 

COVID-19  isomo ku Rwanda…

Perezida Kagame avuga ku bihe bigoye u Rwanda rwanyuzemo bya COVID-19, yavuze ko rwayikuyeho amasomo anyuranye, arimo no kwishakamo ibisubizo.

Yavuze ko iki cyorezo kandi cyaringanije abantu bose, yaba ibihugu  by’ibihanganjye ndetse n’ibiri mu nzira y’amajyambere.

Yongeyeho ko kuri ubu u Rwanda rwitegura kugera ku rwego rwo kwikorera inkingo rubikesha kwishakamo ibisubizo.

Yagize ati “Muri uko kurwana n’icyo cyorezo, ubu u Rwanda ruri hafi yo kugera ku rwego dukora urukingo rujyanye n’icyo cyorezo, ariko ubwo bushobozi bwo gukora urukingo, rufite ubushobozi bwo gukora n’ibindi bihangana n’ibyo bibazo.”

Yakomje agira ati “Icyorezo cyahitanye ubukungu, ubukungu bwacu bwarazahaye, n’ubukungu ku Isi hose na byo bimera gutyo, no mu kibi havamo icyiza, ibyo byose byabaye, ikikubayeho cyose kiba gikwiriye kuguhwitura, ugatangira gutekereza.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda ruba rukwiye guhora rwiteguye kwishakamo ibisubizo  mu gihe haramuka haje ibindi byorezo, cyangwa ibindi bibazo byugariza Isi, bikaza bisanga igihugu cyiteguye.

Yagize ati “Ibyo biba bikwiye kongera kudukangura, tugakorera mu zindi mbaraga tutari dusanzwe dukoresha.”

U Rwanda rumaze igihe rugaragaje ko rufite muri gahunda umushinga wo gutangira gukorera mu gihugu inkingo z’indwara zitandukanye.

Ku wa 23 Kamena 2022, Perezida Kagame yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Uruganda rukora inkingo za COVID-19, Malaria n’Igituntu mu Cyanya cyahariwe Inganda kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo.

Ibihugu by’u Rwanda na Sénégal ni byo byo muri Afurika byayinjiyemo ku ikubitiro.

Ikigo cy’Abadage kizobereye mu bijyanye no gukora imiti, BioNTech, cyemereye u Rwanda ikoranabuhanga n’amahugurwa ajyanye n’ikorwa ry’inkingo zirimo iza Covid-19.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?