BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > COVID-19 yagaragaje ko mu bibazo hashobora gushibukamo ibisubizo – Kagame

COVID-19 yagaragaje ko mu bibazo hashobora gushibukamo ibisubizo – Kagame

admin
Last updated: October 22, 2022 4:14 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, akaba na Chairman wa RPF Inkotanyi, Paul Kagame, yakebuye urubyiruko ruhabwa amahirwe yo gukorera igihugu ariko rukayapfusha ubusa, rugatakarizwa icyizere, anagaruka ku buryo u Rwanda rwishatsemo ibisubizo mu gihe cya COVID-19.

Ubwo Perezida Paul Kagame yaganirizaga abayobozi bitabiriye inama ya Biro politiki ya RPF Inkotanyi

Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Ukwakira 2022, yari ayoboye inama ya Biro politiki y’uyu muryango.

Perezida Kagame yabanje kunenga abayobozi bahabwa inshingano ariko bakabyuririraho, bakira ruswa ndetse banakora amakosa anyuranye.

Avuga ko bene iyi myitwarire isigaye iri no mu rubyiruko rugirirwa icyizere ariko rukagipfusha ubusa.

Yagize ati “Ndashaka kubwira urubyiruko ruri hano, dukwiye kumenya ngo tubatezeho byinshi. Nicyo gihugu cy’ejo, n’izo mbaraga z’uyu munsi. Namwe mwajya mu mico mibi gute? Kuki mudashaka uburyo dukora neza, dukora ibintu bizima, ufite ikibazo tukamufasha.”

Yakomje agira ati “Iyo ukoze ibintu nk’ibyo mu nzego z’ubuyobozi (Avuga amakosa yo mu kazi), ntabwo ari ikibi gusa ukoze, niba ari ibyo wibye, niba .. hari n’icyo cyizere umuryango Nyarwanda wari ukwiye kuba uguha, cyangwa ufite, uracyanze uracyijugunye.”

Umukuru w’Igihugu yasabye ko uhawe inshingano aba akwiye kubyaza umusaruro amahirwe n’icyizere yagiriwe.

 

COVID-19  isomo ku Rwanda…

Perezida Kagame avuga ku bihe bigoye u Rwanda rwanyuzemo bya COVID-19, yavuze ko rwayikuyeho amasomo anyuranye, arimo no kwishakamo ibisubizo.

Yavuze ko iki cyorezo kandi cyaringanije abantu bose, yaba ibihugu  by’ibihanganjye ndetse n’ibiri mu nzira y’amajyambere.

Yongeyeho ko kuri ubu u Rwanda rwitegura kugera ku rwego rwo kwikorera inkingo rubikesha kwishakamo ibisubizo.

Yagize ati “Muri uko kurwana n’icyo cyorezo, ubu u Rwanda ruri hafi yo kugera ku rwego dukora urukingo rujyanye n’icyo cyorezo, ariko ubwo bushobozi bwo gukora urukingo, rufite ubushobozi bwo gukora n’ibindi bihangana n’ibyo bibazo.”

Yakomje agira ati “Icyorezo cyahitanye ubukungu, ubukungu bwacu bwarazahaye, n’ubukungu ku Isi hose na byo bimera gutyo, no mu kibi havamo icyiza, ibyo byose byabaye, ikikubayeho cyose kiba gikwiriye kuguhwitura, ugatangira gutekereza.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda ruba rukwiye guhora rwiteguye kwishakamo ibisubizo  mu gihe haramuka haje ibindi byorezo, cyangwa ibindi bibazo byugariza Isi, bikaza bisanga igihugu cyiteguye.

Yagize ati “Ibyo biba bikwiye kongera kudukangura, tugakorera mu zindi mbaraga tutari dusanzwe dukoresha.”

U Rwanda rumaze igihe rugaragaje ko rufite muri gahunda umushinga wo gutangira gukorera mu gihugu inkingo z’indwara zitandukanye.

Ku wa 23 Kamena 2022, Perezida Kagame yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Uruganda rukora inkingo za COVID-19, Malaria n’Igituntu mu Cyanya cyahariwe Inganda kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo.

Ibihugu by’u Rwanda na Sénégal ni byo byo muri Afurika byayinjiyemo ku ikubitiro.

Ikigo cy’Abadage kizobereye mu bijyanye no gukora imiti, BioNTech, cyemereye u Rwanda ikoranabuhanga n’amahugurwa ajyanye n’ikorwa ry’inkingo zirimo iza Covid-19.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > COVID-19 yagaragaje ko mu bibazo hashobora gushibukamo ibisubizo – Kagame

COVID-19 yagaragaje ko mu bibazo hashobora gushibukamo ibisubizo – Kagame

admin
Last updated: October 22, 2022 4:14 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, akaba na Chairman wa RPF Inkotanyi, Paul Kagame, yakebuye urubyiruko ruhabwa amahirwe yo gukorera igihugu ariko rukayapfusha ubusa, rugatakarizwa icyizere, anagaruka ku buryo u Rwanda rwishatsemo ibisubizo mu gihe cya COVID-19.

Ubwo Perezida Paul Kagame yaganirizaga abayobozi bitabiriye inama ya Biro politiki ya RPF Inkotanyi

Ibi yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Ukwakira 2022, yari ayoboye inama ya Biro politiki y’uyu muryango.

Perezida Kagame yabanje kunenga abayobozi bahabwa inshingano ariko bakabyuririraho, bakira ruswa ndetse banakora amakosa anyuranye.

Avuga ko bene iyi myitwarire isigaye iri no mu rubyiruko rugirirwa icyizere ariko rukagipfusha ubusa.

Yagize ati “Ndashaka kubwira urubyiruko ruri hano, dukwiye kumenya ngo tubatezeho byinshi. Nicyo gihugu cy’ejo, n’izo mbaraga z’uyu munsi. Namwe mwajya mu mico mibi gute? Kuki mudashaka uburyo dukora neza, dukora ibintu bizima, ufite ikibazo tukamufasha.”

Yakomje agira ati “Iyo ukoze ibintu nk’ibyo mu nzego z’ubuyobozi (Avuga amakosa yo mu kazi), ntabwo ari ikibi gusa ukoze, niba ari ibyo wibye, niba .. hari n’icyo cyizere umuryango Nyarwanda wari ukwiye kuba uguha, cyangwa ufite, uracyanze uracyijugunye.”

Umukuru w’Igihugu yasabye ko uhawe inshingano aba akwiye kubyaza umusaruro amahirwe n’icyizere yagiriwe.

 

COVID-19  isomo ku Rwanda…

Perezida Kagame avuga ku bihe bigoye u Rwanda rwanyuzemo bya COVID-19, yavuze ko rwayikuyeho amasomo anyuranye, arimo no kwishakamo ibisubizo.

Yavuze ko iki cyorezo kandi cyaringanije abantu bose, yaba ibihugu  by’ibihanganjye ndetse n’ibiri mu nzira y’amajyambere.

Yongeyeho ko kuri ubu u Rwanda rwitegura kugera ku rwego rwo kwikorera inkingo rubikesha kwishakamo ibisubizo.

Yagize ati “Muri uko kurwana n’icyo cyorezo, ubu u Rwanda ruri hafi yo kugera ku rwego dukora urukingo rujyanye n’icyo cyorezo, ariko ubwo bushobozi bwo gukora urukingo, rufite ubushobozi bwo gukora n’ibindi bihangana n’ibyo bibazo.”

Yakomje agira ati “Icyorezo cyahitanye ubukungu, ubukungu bwacu bwarazahaye, n’ubukungu ku Isi hose na byo bimera gutyo, no mu kibi havamo icyiza, ibyo byose byabaye, ikikubayeho cyose kiba gikwiriye kuguhwitura, ugatangira gutekereza.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda ruba rukwiye guhora rwiteguye kwishakamo ibisubizo  mu gihe haramuka haje ibindi byorezo, cyangwa ibindi bibazo byugariza Isi, bikaza bisanga igihugu cyiteguye.

Yagize ati “Ibyo biba bikwiye kongera kudukangura, tugakorera mu zindi mbaraga tutari dusanzwe dukoresha.”

U Rwanda rumaze igihe rugaragaje ko rufite muri gahunda umushinga wo gutangira gukorera mu gihugu inkingo z’indwara zitandukanye.

Ku wa 23 Kamena 2022, Perezida Kagame yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Uruganda rukora inkingo za COVID-19, Malaria n’Igituntu mu Cyanya cyahariwe Inganda kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo.

Ibihugu by’u Rwanda na Sénégal ni byo byo muri Afurika byayinjiyemo ku ikubitiro.

Ikigo cy’Abadage kizobereye mu bijyanye no gukora imiti, BioNTech, cyemereye u Rwanda ikoranabuhanga n’amahugurwa ajyanye n’ikorwa ry’inkingo zirimo iza Covid-19.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

DRC : Umusirikare wa FARDC yasabiwe igihano cy’imyaka 10 azira amafoto yasakaye ku karubanda asomana n’umukunzi we

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
Politike

Qatar yahigiye kwihorera ku gitero Isiraheli yabagabyeho i Doha bidatinze

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Zo’o Minto’o uyobora Ikigo Nyafurika cy’iby’indege

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?