BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Feb 8, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

admin
Last updated: January 22, 2026 2:46 pm
admin
Share
SHARE

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na FARDC mu mujyi wa Uvira.

Ni amakuru ari gutangazwa nyuma yuko muri iki cyumweru ibintu bikomeje kuba bibi mu Mujyi wa Uvira uherutse kurekurwa n’abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23.

Nyuma yuko uyu mujyi urekuwe na AFC/M23, uruhande bahanganye rugizwe na FARDC ndetse n’abafasha iki gisirikare cya Leta barimo inyeshyamba za Wazalendo, bahise bigabiza uyu mujyi.

Amakuru yatangajwe guhera kuri uyu wa Gatatu kandi avuga ko abarwanyi b’abacancuro b’abanyaburayi, bari no gukorana na FARDC mu bikorwa byo gucunga umutekano muri uyu Mujyi.

Amakuru dukesha urubuga Poliscoop Media, avuga ko aba bacancuro b’abanyaburayi, bari kugenda n’abasirikare ba FARDC mu marondo bari gukorera muri Uvira.

Uru rubuga kandi rwanashyize hanze ifoto igaragaza abo bacancuro bari kumwe n’abasirikare ba FARDC mu modoka y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nanone kandi undi ukoresha konti yitwa Kivu Utile kuri X, yanditseho ubutumwa agira ati “abacancuro b’abakoloni n’ababiligi bari muri Uvira.”

Gukoresha abacancuro mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC, si bishya, dore ko mu ntangiro za 2025 ubwo Umutwe wa M23 wafataga Umujyi wa Goma, bamwe mu bacancuro bafashaga FARDC, bafashwe mpiri n’abarwanyi b’uyu mutwe, ndetse bakaza kunyuzwa mu Rwanda boherezwa mu Gihugu cyabo ku Mugabane w’u Burayi.

Muri Nzeri umwaka ushize kandi, Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani Lukoo Bihango, yagaragaje ko iki Gihugu cyakomeje gukoresha abacancuro.

Mu butumwa icyo gihe yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanditseho “Black Water” izina rimenyerewe ku mutwe w’Abanyamerika w’abarwanyi b’abacancuro.

Icyo gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire yanenze uyu munyapolitiki, wagaragaje ko atewe ishema no kuba Igihugu cye gikoresha abacancuro, kandi abizi neza ko binahabanye n’amahame n’amasezerano mpuzamahanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

RSSB Tigers BBC yegukanye igikombe cya Super Cup nyuma yo gutsinda APR…

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

Mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru cyabereye muri Tanzania, nyuma yo kwakira mugenzi we…

Icyambu cya Karongi kinyuzwaho toni 8000 za sima buri kwezi

Abakoresha icyambu cy’i Karongi kimaze amezi atanu gitangiye kunyuzwaho ibicuruzwa biva mu…

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yambitse umudali w’ishimwe umuhungu we akaba n’Umugaba Mukuru…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

RDC: Amashuri 65 yo mu ntara ya Kwilu yafunze imiryango kubera umutekano muke

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yarashe Sukhoi-25 ya FARDC

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo bateze igico abarwanyi ba AFC/M23 muri Pariki ya Virunga

1 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yatangiye gukoresha abasirikare bo mu mazi ku rugamba

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?