BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Sep 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ambasaderi Festus Bizimana yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Sénégal

Ambasaderi Festus Bizimana yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Sénégal

sam
Last updated: May 9, 2025 8:10 am
sam
Share
SHARE

Ambasaderi Festus Bizimana yashyikirije Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Diakhar Faye, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyi Gihugu

Nyuma yo gutanga izo nyandiko, Bizimana yakiriwe mu mubonano wihariye na Perezida Bassirou Diomaye Diakhar Faye aho yamushyikirije intashyo za mugenzi we w’u Rwanda, anamumenyesha ko Leta y’u Rwanda yifuza gushimangira umubano n’ubutwererane na Sénégal.
Yavuze ko amahirwe n’icyizere byo guhagararira u Rwanda na Perezida Kagame muri Sénégal, azabikoresha mu guteza imbere ubutwererane no gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.

Yanaboneyeho umwanya wo kumugezaho uko ubukungu bw’u Rwanda n’imibereho myiza by’Abanyarwanda bikomeje gutera imbere na byinshi byagezweho mu myaka 31 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uruhare rw’u Rwanda mu bikorwa biteza imbere umugabane wa Afurika no kubungabunga amahoro n’umutekano hirya no hino ku Isi.

Perezida Faye mu butumwa bwe, yifurije Ambasaderi Bizimana guhirwa mu nshingano ze, anamwizeza ubufatanye bw’inzego za Leta za Repubulika ya Sénégal, anatanga intashyo kuri mugenzi Perezida Paul Kagame.

Yashimye umubano mwiza uri hagati y’ibihugu byombi n’ubufatanye mu nzego zinyuranye. Yamusabye kureba by’umwihariko amahirwe ari mu bucuruzi, ubukungu n’ishoramari mu rwego rwo gushimangira ubutwererane hagati y’ibihugu byombi muri urwo rwego.

Leta y’u Rwanda yafunguye Ambasade muri Sénégal muri Gicurasi 2011 ikaba ireberera ibihugu bya Sénégal, Cabo Verde, Gambia, Guinea Bissau na Mali.

Festus Bizimana ni Ambasaderi wa kane nyuma ya Gerard Ntwari, Mathias Harebamungu na Jean Pierre Karabaranga.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Museveni yategetse ko ibigo by’amashuri bitagira ibibuga bya siporo byimwa impushya

Perezida wa Uganda,Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko nta shuri ryo mu gihugu…

Kinshasa : Abakozi bakora ku kibuga cy’indege bakomeje gufungwa bazira guheza mu kirere indege yaperezida

Abakozi benshi bakora ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Ndjili i Kinshasa bakomeje…

Umwe mu basore bagaragaye bakorera umukobwa ubugome bukabije yacakiwe

InPolisi y'u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore batatu bagaragaye…

Urubyiruko ruri kwisonga mu bagerageza kwiyahura mu Rwanda

Ku wa 10 Nzeri 2024, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza…

Polisi y’u Rwanda yemeje ifungwa ry’abahanzi Ariel Wayz na Babo

Ubuyobozi bwa polisi y'u Rwanda bwemeje koabahanzi Barbara Horn Teta wamamaye nka…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Qatar yahigiye kwihorera ku gitero Isiraheli yabagabyeho i Doha bidatinze

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Zo’o Minto’o uyobora Ikigo Nyafurika cy’iby’indege

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwasubije HRW yavuze ko imva zo mu irimbi rya gisirikare zikomeje kwiyongera 

2 Min Read
Politike

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?