BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

sam
Last updated: August 13, 2025 10:16 am
sam
Share
SHARE

Perezida Volodymyr Zelensky yamaramaje ko Ukraine itazigera ireka akarere ka Donbas ngo gatwarwe n’Uburusiya nk’ingurane kugira ngo habeho agahenge k’intambara imaze igihe yarashegeshe igihugu cye.

Zelensky yabivuze mbere y’inama izahuza Donald Trump na Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, izabera muri leta ya Alaska muri Amerika ku wa Gatanu.

Ni mu gihe Perezida Putin yifuza ko Ukraine yahara ibice ikigenzura by’Akarere ka Donbas mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Naho Trump we avuga ko, uko byagenda kose, kugira ngo amasezerano y’amahoro agerweho, hazabaho guhara bimwe mu bice by’uturere twa Ukraine.

Ibi byifuzo bya Trump na Putin, Zelensky avuga ko ari inzozi zitazagerwaho, kuko Ukraine ititeguye na rimwe gutanga ubutaka bwayo nk’impano ku Burusiya.

Zelensky avuga ko igisirikare cye cyiteguye gusenya imitwe y’ingabo z’Uburusiya zikomeje gutera intambwe zerekeza hafi y’umujyi wa Dobropillia no kwigarurira uduce twinshi.

Yavuze ko Uburusiya bugomba kugaragaza mbere ibyo Perezida Trump na Putin bazaganiraho, bitabaye ibyo ngo guhura kwabo ntacyo kuzatanga.

Zelensky yavuze ko kuva muri Donbas ari ugufungura ku mugaragaro ibitero by’Uburusiya, ibintu Ukraine ngo itarota ikora.

Yanavuze ko bari gucungira hafi Uburusiya kuko burimo gutegura ibitero bishya mu bice bitatu byo ku rugamba: mu duce twa Zaporizhzhia, Pokrovsk na Novopavlov.

Akarere ka Donbas, kifuzwa cyane na Putin, kagizwe n’uturere two mu burasirazuba bwa Luhansk na Donetsk, igice kinini kigaruriwe n’Uburusiya kuva mu mwaka wa 2014.

Uburusiya ubu bugenzura Luhansk hafi ya yose ndetse na hafi 70% by’akarere ka Donetsk.

Muri Gashyantare 2022 nibwo Uburusiya bwagabye igitero cyeruye kuri Ukraine. Kuri ubu, bugenzura hafi 20% by’ubutaka bwa Ukraine.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?