BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

sam
Last updated: June 30, 2025 10:16 am
sam
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko kuri ubu bagenzura ubutaka bufite ubuso bugera kuri kilometero kare ibihumbi 34.

Mu butumwa bujyanye n’umunsi w’ubwigenge, ku wa 29 Kamena 2025 Nangaa yagaragaje ko ibice AFC/M23 igenzura birimo umutekano usesuye kandi ko abaturage babituyemo bafite icyizere cy’ahazaza heza.

Yagize ati “Uyu munsi, AFC/M23 iyobora ubutaka bw’igihugu burenga kilometero kare 34, ahatuye abaturage bagenzi bacu. Mu mezi atanu, ingabo zacu zagaruye umutekano, zigarura ituze, zirinda abaturage, zibiba imbuto y’icyizere gishya.”

Nangaa yasobanuye ko nta shimwe AFC/M23 ikeneye cyangwa se ubutegetsi, ahubwo ko icyo ishaka ari ukugarura umutekano muri RDC, kuyikura mu bukene, iheza, ivangura, igitugu ndetse n’akarengane.

Yagaragaje ko ku bw’iyo mpamvu, AFC/M23 ishyigikiye gahunda zose zigamije kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu zirimo ibiganiro bya Qatar biyihuza na Leta ya RDC, byatangiye muri Werurwe 2025.

Intambara ya AFC/M23 n’Ingabo za RDC yatangiye mu Ugushyingo 2021. Kuva icyo gihe, iri huriro ryatangiye gufata ibice byinshi byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, rikomereza muri Kivu y’Amajyepfo.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Macron, Zelensky n’abandi bayobozi bakiriye amasezerano y’u Rwanda na RDC nk’intambwe ikomeye

4 Min Read
Politike

Tshisekedi yiyemeje gusabira Trump igihembo cya Nobel nashobora gukemura iyi ntambara

2 Min Read
Politike

DRC: Olusegun Obasanjo yasuye  Tshisekedi akubutse mu Rwanda

1 Min Read
Politike

Leta ya RDC yarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere baganiriye na AFC/M23

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?