BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

admin
Last updated: October 23, 2025 3:32 pm
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yifurije Perezida Paul Kagame isabukuru nziza y’amavuko, amushimira kuba umuyobozi w’icyitegererezo mu Rwanda na Afurika.

Gen Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, kuri uyu wa 23 Ukwakira 2025 yagize ati: “Isabukuru nziza Afande Paul Kagame. Muzagire imyaka myinshi.”

Uyu musirikare yakomeje ati: “Mwarakoze ku bw’imiyoborere yanyu y’icyitegererezo yabaye indorerwamo y’u Rwanda, akarere na Afurika. Harambe ubucuti n’ubufatanye bw’ingenzi buri hagati y’ibihugu byacu bibiri.”

Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2025, Perezida Kagame yagize isabukuru y’imyaka 68 y’amavuko. Mu myaka amaze ku Isi, harimo 33 yamaze muri Uganda kuko we n’ababyeyi be bahungiyeho mu Ugushyingo 1961.

Perezida Kagame yize muri Uganda kugeza mu mashuri yisumbuye, ubwo yifatanyaga Yoweri Kaguta Museveni n’abandi barwanyi mu rugamba rwo kubohora Uganda rwatangiye muri Gashyantare 1981, rurangira muri Werurwe 1986.

Ubwo yatangiraga kuyobora urugamba rwo kubohora u Rwanda mu 1990, yari afite ipeti rya Major. Icyo gihe yari avuye mu masomo y’igisirikare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, asanga i Nyagatare abandi Banyarwanda bari batangiye uru rugamba.

Gen Muhoozi agaragaza ko Perezida Kagame ari umwe mu bayobozi b’icyitegererezo cye, kandi ko amufata nka se wabo n’umuvandimwe wa Perezida Museveni.

Ubwo Gen Muhoozi yasuraga u Rwanda muri Werurwe 2022, Perezida Kagame yamugabiye inka 10. Nyuma y’umwaka umwe, uyu musirikare yatangaje ko zimwe muri zo zabyaye, zose hamwe zigera kuri 17.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?