BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Abarimo Olivis, Tizzo na Jox Parker bazaca impaka mu irushanwa ryo kubyina

Abarimo Olivis, Tizzo na Jox Parker bazaca impaka mu irushanwa ryo kubyina

admin
Last updated: December 22, 2022 12:50 pm
admin
Share
SHARE

Abahanzi bakanyujije mu kubyina barimo Olivis na Tizzo bo mu itsinda rya Active, Jack B na Jox Parker uzwi ku mbuga nkoranyambaga ni bamwe mu bazaba bagize akanama nkemurampaka mu irushanwa ryo kubyina rya ‘Urutozi Dance challenge competition.’

Iri rushanwa ryo kubyina ryateguwe na ‘Urutozi Gakondo’ bagamije gukundisha urubyiruko uyu mwuga utakitabwaho cyane.

Umuhanzi Jack B uri mu bakanyujijeho mu cyahoze ari ‘Good Guys na Bad Boyz’ muri uyu mwuga wo kubyina akaba n’umwe mu bateguye iri rushanwa yavuze ko ahanini icyo bagamije ari ukwagura impano.

Ati “Icyo tugamije ni ugukundisha abantu bose made in Rwanda no gukangurira urubyiruko kuva mu biyobyabwenge bakagura impano zabo.”

Akomeza avuga ko uyu mushinga bawuteguye igihe kinini ariko hakazamo inzitizi ahanini zishingiye ku bushobozi buke.

Biteganyijwe ko rizaba taliki ya 30 Ukuboza 2022 ribere I Nyamirambo kuri Club Rafiki. Abarushanwa bazatangira ku isaha ya saa tanu z’amanywa.

Uretse abazaba bagize akanama nkemurampaka hazaba hari n’aba Djs bavanga umuziki barimo Dj Toxxyk, Dj Diallo hamwe na MC Tino uzaba ayoboye ibi birori.

Uwa mbere azahembwa ibihumbi Magana atanu, uwa kabiri ahabwe ibihumbi Magana atatu naho uwa gatatu ahabwe ibihumbi ijana.

Muri iri rushanwa nta bantu bahejwe kuko ngo hamaze no kwiyandikisha amatsinda y’ababyinnyi bakomoka mu bihugu by’abaturanyi nka Kenya, Burundi, Uganda n’ahandi. Ni irushanwa rizajya riba buri mwaka.

Tizzo wo muri Active
Jack B wakanyujijeho muri Bad Boys
Olivis wo muri Active

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?