BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Abarimo Olivis, Tizzo na Jox Parker bazaca impaka mu irushanwa ryo kubyina

Abarimo Olivis, Tizzo na Jox Parker bazaca impaka mu irushanwa ryo kubyina

admin
Last updated: December 22, 2022 12:50 pm
admin
Share
SHARE

Abahanzi bakanyujije mu kubyina barimo Olivis na Tizzo bo mu itsinda rya Active, Jack B na Jox Parker uzwi ku mbuga nkoranyambaga ni bamwe mu bazaba bagize akanama nkemurampaka mu irushanwa ryo kubyina rya ‘Urutozi Dance challenge competition.’

Iri rushanwa ryo kubyina ryateguwe na ‘Urutozi Gakondo’ bagamije gukundisha urubyiruko uyu mwuga utakitabwaho cyane.

Umuhanzi Jack B uri mu bakanyujijeho mu cyahoze ari ‘Good Guys na Bad Boyz’ muri uyu mwuga wo kubyina akaba n’umwe mu bateguye iri rushanwa yavuze ko ahanini icyo bagamije ari ukwagura impano.

Ati “Icyo tugamije ni ugukundisha abantu bose made in Rwanda no gukangurira urubyiruko kuva mu biyobyabwenge bakagura impano zabo.”

Akomeza avuga ko uyu mushinga bawuteguye igihe kinini ariko hakazamo inzitizi ahanini zishingiye ku bushobozi buke.

Biteganyijwe ko rizaba taliki ya 30 Ukuboza 2022 ribere I Nyamirambo kuri Club Rafiki. Abarushanwa bazatangira ku isaha ya saa tanu z’amanywa.

Uretse abazaba bagize akanama nkemurampaka hazaba hari n’aba Djs bavanga umuziki barimo Dj Toxxyk, Dj Diallo hamwe na MC Tino uzaba ayoboye ibi birori.

Uwa mbere azahembwa ibihumbi Magana atanu, uwa kabiri ahabwe ibihumbi Magana atatu naho uwa gatatu ahabwe ibihumbi ijana.

Muri iri rushanwa nta bantu bahejwe kuko ngo hamaze no kwiyandikisha amatsinda y’ababyinnyi bakomoka mu bihugu by’abaturanyi nka Kenya, Burundi, Uganda n’ahandi. Ni irushanwa rizajya riba buri mwaka.

Tizzo wo muri Active
Jack B wakanyujijeho muri Bad Boys
Olivis wo muri Active

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

2 Min Read
Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
Imyidagaduro

Rufonsina aritegura kwibaruka ubuheta

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?