BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Abarimo Olivis, Tizzo na Jox Parker bazaca impaka mu irushanwa ryo kubyina

Abarimo Olivis, Tizzo na Jox Parker bazaca impaka mu irushanwa ryo kubyina

admin
Last updated: December 22, 2022 12:50 pm
admin
Share
SHARE

Abahanzi bakanyujije mu kubyina barimo Olivis na Tizzo bo mu itsinda rya Active, Jack B na Jox Parker uzwi ku mbuga nkoranyambaga ni bamwe mu bazaba bagize akanama nkemurampaka mu irushanwa ryo kubyina rya ‘Urutozi Dance challenge competition.’

Iri rushanwa ryo kubyina ryateguwe na ‘Urutozi Gakondo’ bagamije gukundisha urubyiruko uyu mwuga utakitabwaho cyane.

Umuhanzi Jack B uri mu bakanyujijeho mu cyahoze ari ‘Good Guys na Bad Boyz’ muri uyu mwuga wo kubyina akaba n’umwe mu bateguye iri rushanwa yavuze ko ahanini icyo bagamije ari ukwagura impano.

Ati “Icyo tugamije ni ugukundisha abantu bose made in Rwanda no gukangurira urubyiruko kuva mu biyobyabwenge bakagura impano zabo.”

Akomeza avuga ko uyu mushinga bawuteguye igihe kinini ariko hakazamo inzitizi ahanini zishingiye ku bushobozi buke.

Biteganyijwe ko rizaba taliki ya 30 Ukuboza 2022 ribere I Nyamirambo kuri Club Rafiki. Abarushanwa bazatangira ku isaha ya saa tanu z’amanywa.

Uretse abazaba bagize akanama nkemurampaka hazaba hari n’aba Djs bavanga umuziki barimo Dj Toxxyk, Dj Diallo hamwe na MC Tino uzaba ayoboye ibi birori.

Uwa mbere azahembwa ibihumbi Magana atanu, uwa kabiri ahabwe ibihumbi Magana atatu naho uwa gatatu ahabwe ibihumbi ijana.

Muri iri rushanwa nta bantu bahejwe kuko ngo hamaze no kwiyandikisha amatsinda y’ababyinnyi bakomoka mu bihugu by’abaturanyi nka Kenya, Burundi, Uganda n’ahandi. Ni irushanwa rizajya riba buri mwaka.

Tizzo wo muri Active
Jack B wakanyujijeho muri Bad Boys
Olivis wo muri Active

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
Imyidagaduro

Bruce Melodie yerekeje muri Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?