Ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bujumbura mu Burundi, cyitiriwe Melchior Ndadaye, cyugarijwe n’ibibazo by’itumanaho bituma akenshi indege zijya kukigwaho zihindura ibyerekezo, ibituma abenshi bashidikanya ku mutekano wacyo.
Ni ibibazo byagize ingaruka no ku ngendo z’abakuru b’ibihugu barimo na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye.
Kugira ngo ingendo z’indege zigende neza, bisaba ko habaho itumanaho rihuza abapilote n’abari ku bibuga baba babayobora, babifashijwemo n’uburyo bw’ikoranabuhanga burimo radar na GPS butuma bamenya neza ikirere barimo n’intera ibura kugira ngo bahagere.
Abayobozi bo kuri iki kibuga cy’indege bavuga ko ubu buryo bw’ikoranabuhanga bwatangiye gukora nabi nyuma y’aho hakuweho ibikoresho by’itumanaho byashyizweho n’Ababiligi, bigasimbuzwa ibyakorewe mu Burusiya.
Tariki ya 1 Gashyantare 2026, indege ya RwandAir yasubiye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali ubwo yaburaga ibilometero bitandatu ngo igere ku kibuga cya Bujumbura, bitewe n’uko itumanaho hagati y’umupilote wayo n’abakozi bari ku butaka ritagendaga neza.
Uwo munsi, indege ya Falcon 900 yari itwaye Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, n’abayobozi bari bamuherekeje, na yo yahinduye icyerekezo ubwo yagiraga ikibazo cya GPS, ijya kugwa i Kampala muri Uganda.
Iki kibazo cyageze no kuri Perezida Evariste Ndayishimiye tariki ya 7 Gashyantare ubwo indege ye yavaga i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yasubiraga i Bujumbura kuko na bwo itumanaho ryagenze nabi.
Sosiyete z’indege zahuye n’iki kibazo zahamagaye ubuyobozi bw’ikibuga cy’indege cya Bujumbura, zibusaba ibisobanuro.
