BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Diddy yafatiweho icyuma muri gereza hafi yo kwicwa

Diddy yafatiweho icyuma muri gereza hafi yo kwicwa

admin
Last updated: October 23, 2025 12:43 pm
admin
Share
SHARE

Umuraperi Sean Combs uzwi cyane nka Diddy, ari mu bihe bikomeye muri gereza ya MDC Brooklyn afungiyemo, aho bivugwa ko mu minsi ishize yafatiweho icyuma mu ijoro rimwe ubwo yari asinziriye.

Ibi byemejwe na Charlucci Finney, umwe mu nshuti za hafi za Diddy, wabwiye Daily Mail ko uyu mugabo yakanguwe n’umugororwa afite icyuma agishyize ku ijosi rye. Ibintu byari hafi kumuviramo urupfu mu gihe gito cyane.

Finney yavuze ko atazi neza niba abarinzi aribo bahise batabara cyangwa niba Diddy ari we wirwanyeho, gusa yemeje ko ayo makuru ari ukuri kandi ko yemejwe n’abashinzwe iperereza ku byabereye muri iyo gereza.

Amakuru y’uko Diddy yatewe icyuma n’undi mugororwa yanagarutsweho n’umwunganizi we mu mategeko, Brian Steel, ubwo yabivugaga mu rukiko mu gihe cyo gukatirwa kwe.

Finney yongeyeho ko gereza Diddy afungiyemo idatekanye, by’umwihariko ku bantu bahanwe ku byaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Ati: “Mfite impungenge z’umutekano we, MDC si ahantu hizewe kuri buri wese.”

Diddy yakatiwe amezi 50 y’igifungo. Inkuru zimaze iminsi zivuga ko Perezida Donald Trump ashobora kumuha imbabazi, nubwo Ibiro bye White House byabihakanye, ariko TMZ yari yashyize hanze iyi nkuru ivuga ko “igihagaze ku byo yatangaje.”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?