BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

AFC/M23 igenzura ubutaka bufite ubuso burenga kilometero kare ibihumbi 34

sam
Last updated: June 30, 2025 10:16 am
sam
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko kuri ubu bagenzura ubutaka bufite ubuso bugera kuri kilometero kare ibihumbi 34.

Mu butumwa bujyanye n’umunsi w’ubwigenge, ku wa 29 Kamena 2025 Nangaa yagaragaje ko ibice AFC/M23 igenzura birimo umutekano usesuye kandi ko abaturage babituyemo bafite icyizere cy’ahazaza heza.

Yagize ati “Uyu munsi, AFC/M23 iyobora ubutaka bw’igihugu burenga kilometero kare 34, ahatuye abaturage bagenzi bacu. Mu mezi atanu, ingabo zacu zagaruye umutekano, zigarura ituze, zirinda abaturage, zibiba imbuto y’icyizere gishya.”

Nangaa yasobanuye ko nta shimwe AFC/M23 ikeneye cyangwa se ubutegetsi, ahubwo ko icyo ishaka ari ukugarura umutekano muri RDC, kuyikura mu bukene, iheza, ivangura, igitugu ndetse n’akarengane.

Yagaragaje ko ku bw’iyo mpamvu, AFC/M23 ishyigikiye gahunda zose zigamije kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu zirimo ibiganiro bya Qatar biyihuza na Leta ya RDC, byatangiye muri Werurwe 2025.

Intambara ya AFC/M23 n’Ingabo za RDC yatangiye mu Ugushyingo 2021. Kuva icyo gihe, iri huriro ryatangiye gufata ibice byinshi byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, rikomereza muri Kivu y’Amajyepfo.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
Politike

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

2 Min Read
Politike

Qatar yahigiye kwihorera ku gitero Isiraheli yabagabyeho i Doha bidatinze

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Zo’o Minto’o uyobora Ikigo Nyafurika cy’iby’indege

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?