BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ingabo z’u Rwanda zatangiye kwambara amapeti mu gituza

Ingabo z’u Rwanda zatangiye kwambara amapeti mu gituza

admin
Last updated: January 9, 2023 1:49 pm
admin
Share
SHARE
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zavuguruye uburyo bwo kwambara amapeti ku myambaro isanzwe, aho kwambarwa ku ntugu akazajya yambarwa mu gituza. 
Amapeti mu gisirikare cy’u Rwanda yatangiye kwambarwa mu gituza

Ni amavugurura yatangajwe na RDF kuri uyu wa Mbere, tariki 9 Mutarama 2023, aho abasirikare bo ku rwego rwa Ofisiye n’abato imyambaro yabo y’akazi ko gucunga umutekano no ku rugamba bazajya bambara amapeti mu gituza.

Izi mpinduka mu myambarire yamapeti kuri ba Ofisiye n’abasirikare bato ntabwo ireba imyambaro y’akazi yagenewe kwambarwa mu birori cyangwa mu biro, kuko ho bazakomeza kwambara amapeti ku ntugu.

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga yabwiye UMUSEKE ko ari “Mu rwego rwo guhindura imyambarire.”

Abasirikare bo ku rwego rwa Ofisiye bambaraga amapeti ku ntugu zombi, nabo ku rwego rw’abasirikare bato bambaraga ipeti mu ibara ry’umuhondo cyangwa ubururu bw’ikirere ku ngabo zirwanira mu kirere baryambaraga ku rutugu rw’iburyo, aba bose ryimuriwe mu gituza ku gitambaro cy’icyatsi.

Aya mavugurura mu myambarire y’amapeti mu ngabo z’u Rwanda, akaba ahura neza nuko ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza Bambara amapeti.

Abo mu cyiciro cya Ofise nabo bazajya bayambara mu gituza
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Ronald Rwivanga avuga ko amapeti azajya yambarwa ku ntugu ku myenda yo mu biro

NKURUNZIZA JEAN BAPTISTE / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?